English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Paris Saint Germain  yitwaye neza ihita igera mu mikino ya ¼

Mu mikino ya Champions League amakipe yashimishije abafana bayo andi arabababaza, hari mu ijoro  ryo kuwa 14 Gashyantare ndetse ukaba wari n’umunsi w’abakundana , ni nyuma yuko Real Sociedad itsinzwe na Paris Saint Germain ibitego 2-0, ni mu gihe Lazio de Rome yatsinze Bayern Munich igitego 1-0.

Umukino wahuje na Real Sociedad watangiye amakipe yombi atuje bigaragara ko ari kwigana bityo bituma uwo mukino ukinirwa  hagati mu kibuga.

Umukinnyi wa Paris Saint Germain Kylian Mbape yanyuzagamo agasatira ariko yagera imbere y’izamu guhanahana umupira bikanga bityo ibitego bitinda kuboneka.

Ikipe ya Real Sociedad nayo yatangiye gusatira cyane izamu rya Paris Saint Germain maze ku munota wa 44 kapiteni wayo Mikel Merino atera ishoti riremereye rifata kumutambiko wizamu umupira ujya hanze.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi atabashize kwinjizanya ibitego ajya kuruhuka anganya ubusa k’ubusa .

Mu  gice cya Kabiri Paris Saint Germain yatangiranye imbaraga maze ku munota wa 58 ibona igitego cyayo cya mbere ku mupira wavuye muri koruneri maze Marquinhos ahita uwutereka ku mutwe werekeza mu izamu igitego cyiba cyirabonetse.

Ku munota wa 70 Paris Saint Germain yabonye igitego cyayo cya kabiri gitsinzwe na Barcola ku mupira yahawe na Fabian Luis maze azamuka  yihuta ahita atsinda igitego.

Umukino warangiye Paris Saint Germain  itsinze ibitego 2-0 ndetse ihita yerekeza muri ¼.

Umukino wahuje Lazio de Rome na Bayern Munich warangiye ari igitego 1 cya Lazio de Rome  kubusa bwa Bayern Minich.

Igitego cya Lazio de Rome cyabonetse ku munota wa 67 kuri pinalite  yakozwe na Dayot Upamecano ndetse bituma ahabwa ikarita y’umutuku.



Izindi nkuru wasoma

Imikino y'igikombe cya Afurika yari iteganijwe muri 2025 yimuriwe mu w'undi mwaka

Ese imikino yaba ifasha umwana mu kwiga koko ?

Sake:M23 yarashe ibisasu biremereye bihitana abantu 4

Umuhanzi Nicki Minaj yafatanwe urumogi maze igitaramo yari afite gihita gisubikwa

/Umuhanzi Nicki Minaj yafatanwe urumogi maze igitaramo yari afite gihita gisubikwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-02-15 12:11:28 CAT
Yasuwe: 50


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Paris-Saint-Germain--yitwaye-neza-ihita-igera-mu-mikino-ya-.php