English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Padiri wa Diyosezi ya Warri yirukanywe nyuma yo gukora ubukwe rwihishwa muri Amerika.

Rev. Fr. Daniel Okanatotor Oghenerukuvwe, wari umupadiri muri Diyosezi ya Warri, muri Nigeria, yakuwe ku mirimo y’ubusaserdoti nyuma yo gukora ubukwe rwihishwa na Dora Chichah mu rusengero rwa Streams of Joy muri Dallas, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, tariki ya 29 Ukuboza 2024.

Nk’uko byatangajwe na Musenyeri wa Warri, Anthony Ovayero Ewherido, mu itangazo ryo ku wa 16 Mutarama 2025, uyu mupadiri yahagaritswe kubera kwica amahame ya Kiliziya Gatolika.

N’ubwo yari yasabye kurekurwa ku nshingano z’ubusaserdoti mu Ugushyingo 2024, ntabwo yatanze ibyangombwa bisabwa ngo ibyo abisabye byemererwe byemewe n’amategeko. Ahubwo, yahisemo kwihutira gukora ubukwe, ibintu byafashwe nk’ubwiyandarike bukomeye.

Amashusho y’ubukwe bwe, yashyizwe ahagaragara n’umuvandimwe w’umugeni, yatumye Diyosezi ifata umwanzuro wo kumuhagarika ku mirimo y’ubusaserdoti no kumwambura uburenganzira bwo kwiyitirira izina rya Padiri.

Iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku Kanoni ya 1394 §1, aho igikorwa cye cyafashwe nk’ikimenyetso cyo kudakurikiza inshingano z’abihaye Imana.

Ni inkuru yateje impaka muri Kiliziya Gatolika ya Nigeria, igaragaza ko amategeko ya Kiliziya atajya ababarira abavogera amahame yayo.



Izindi nkuru wasoma

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana BĂ©atha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-20 14:56:51 CAT
Yasuwe: 165


Comments

By Anselme on 2025-01-20 08:33:54
 Very good



Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Padiri-wa-Diyosezi-ya-Warri-yirukanywe-nyuma-yo-gukora-ubukwe-rwihishwa-muri-Amerika.php