English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyuma y’imyaka itanu, ubutabera butanze umwanzuro ukakaye ku rupfu rwa Pop Smoke.

Urukiko rwo mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwakatiye Corey Walker igifungo cy’imyaka 29 nyuma yo kugira uruhare mu rupfu rw’umuraperi Pop Smoke mu 2020.

Walker, wari ufite imyaka 19 ubwo icyaha cyakorwaga, yayoboraga itsinda ry’abasore bane binjiye mu rugo rwa Pop Smoke mu ijoro ryo ku wa 19 Gashyantare 2020 bagamije kwiba, gusa ubujura bwaje kuvamo ubwicanyi. Aho Pop Smoke, wari ufite imyaka 20, yarashwe bikamuviramo urupfu.

Mu gihe abandi bari bagize iryo tsinda bari bato, bagashyikirizwa inkiko z’abana, Walker we yaburanishijwe nk’umuntu mukuru. Umwe muri abo bana, wari ufite imyaka 15, yemeye uruhare rwe mu rupfu rwa Pop Smoke ndetse yajyanwe mu kigo ngororamuco aho azava afite imyaka 25. Abandi babiri na bo bemeye icyaha, ariko ibihano byabo ntibiratangazwa.

Pop Smoke, wamenyekanye mu njyana ya Drill, yari umwe mu baraperi bari kuzamuka neza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Urupfu rwe rwashenguye benshi mu bakunzi b’umuziki we, ndetse bamwe bavuga ko yari afite ejo heza mu ruganda rw’imyidagaduro.



Izindi nkuru wasoma

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Ambasaderi Karamba yakiriye Umugaba Mukuru wa Djibouti: Ibyihishe inyuma y’uru ruzinduko

Mpaga cyangwa impuhwe? FERWAFA mu gihirahiro nyuma y’umwijima wateje impagarara i Huye

Yishwe arashwe amasasu 2 nyuma bamusogota inkota mu gatuza – Ibishinjwa Umupolisi

Bikomeje kuzamba: Abapolisi 7 bashinjwa kwivugana mugenzi wabo nyuma yo gutuka Minisitiri w’Intebe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-24 09:44:38 CAT
Yasuwe: 165


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nyuma-yimyaka-itanu-ubutabera-butanze-umwanzuro-ukakaye-ku-rupfu-rwa-Pop-Smoke.php