English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ghana:Hatangajwe icyunamo cy'iminsi nyuma y'impanuka yahitanye abayobozi bakuru 

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama, yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka ikomeye ya kajugujugu yahitanye abantu umunani barimo abayobozi bakuru ba Leta, barimo Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Ibidukikije.

 Iyo mpanuka yabaye mu masaha ya mu gitondo ku wa mbere tariki ya 06 Kanama 2025,  Itangazo ryasohowe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ryemeje ko amabendera y’igihugu yose azamanurwa kugeza hagati mu rwego rwo kunamira abitabye Imana. Perezida Mahama yavuze ko igihugu kiri mu bihe bikomeye, asaba Abanya-Ghana bose kugira umutima w’impuhwe, ubufatanye no gusengera imiryango yabuze ababo.

Ati “Turimo twabuze abantu b’ingenzi, abayobozi bakundwaga kandi bitangiye igihugu cyacu. Iki ni igihe kigoye kuri twe twese. Dukeneye gufatana urunana, duharanire ubumwe n’amahoro,”.

Kajugujugu yahitanye abo bayobozi yari mu rugendo rw’akazi, aho bivugwa ko bari bagiye gusura ibikorwa bya gisirikare n’ibidukikije mu ntara ya Ashanti. Abari bayirimo bose bahise bapfa ubwo yahanukaga maze igafatwa n’inkongi y’umuriro, nk’uko byemezwa n’inzego z’umutekano.

Kugeza ubu impamvu yateye iyo mpanuka ntiramenyekana, ariko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza ryimbitse. Abashinzwe umutekano wo mu kirere ndetse n’abatekinisiye babigize umwuga bageze aho byabereye, batangiye gusesengura ibice by’indege bishobora gutanga amakuru afasha mu kumenya icyayiteye.

Iyo mpanuka ibaye igihe igihugu cyari cyitegura inama mpuzamahanga ku bidukikije, yari iteganyijwe gukorwa n’umwe mu baguye muri iyo kajugujugu. Ni igihombo gikomeye ku rwego rwa politiki no ku mishinga ya Leta.

Abaturage batandukanye hirya no hino mu gihugu bagaragaje agahinda ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko babuze abayobozi b’intangarugero, bari bafite icyerekezo n’icyifuzo cyo guteza imbere igihugu.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Perezida Kagame yitabiriye inama yahuje Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za EAC na SADC

Ghana:Hatangajwe icyunamo cy'iminsi nyuma y'impanuka yahitanye abayobozi bakuru

Yafashwe nyuma y’imyaka 8 akora nka Ambasaderi w’Ibihugu Bitabaho

Rubavu: Imiryango 120 yahawe ubwiherero bugezweho n’ubukarabiro nyuma y’ingaruka z’ibiza



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-07 00:55:05 CAT
Yasuwe: 120


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/GhanaHatangajwe-icyunamo-cyiminsi-nyuma-yimpanuka-yahitanye-abayobozi-bakuru.php