Nyanza: Yarakubiswe kugeza apfuye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yatangiye iperereza no gushakisha abantu bakekwaho gukubita no kwica umugabo w’imyaka 37, ukekwaho kwiba, mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Mushirarungu, Umurenge wa Rwabicuma, mu Karere ka Nyanza.
Nk’uko amakuru agera ku kinyamakuru UMUSEKE abivuga, iby’iri sanganya byabaye ku wa 9 Gashyantare 2025, ahagana saa saba z’amanywa. Nyakwigendera yari kumwe n’abandi bantu babiri ubwo bagendaga bagiye kwiba ibishyimbo by’uwitwa Mushimiyimana Valentine. Bakimara gucukura inzu no gukuramo ibyo bishyimbo, bagenzi be babiri barirutse, we asigara yikoreye ibyo yibye maze ahita afatwa.
Bikekwa ko ubwo yafatagwaga, hari abantu bamukubise bikabije bigatuma ahasiga ubuzima. Polisi ivuga ko yatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo abakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu bafatwe bashyikirizwe ubutabera.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel HABIYAREMYE, yavuze ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo ukuri kumenyekane.
Yagize ati: “Twatangiye gushakisha abakekwaho kwica uriya nyakwigendera kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko.”
Amakuru aturuka ahizewe yemeza ko abagize icyo gikorwa cy’ubujura bose baturutse mu Murenge wa Busasamana, ahazwi nko kuri Mirongo Ine, bakaba bari bamaze igihe gito bavuye muri transit center.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma (autopsie) rigaragaze icyamuhitanye.
Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abaturage ko kwihanira bitemewe n’amategeko, ibasaba kujya bihutira gutanga amakuru igihe babonye umuntu ukekwaho icyaha aho kwihutira kumukorera urugomo.
Yagize iti: “Nta muturage wemerewe kwihanira, ni ngombwa kumenyesha inzego zibishinzwe kugira ngo zifatire ukekwa ibihano bikwiye byubahirije amategeko.”
Polisi kandi yasabye abatekereza kwiba kubireka, ahubwo bagashishikarira gukora imirimo ibyara inyungu kugira ngo biteze imbere mu buryo bwemewe n’amategeko.
Yagize iti: “Abakora ibyaha ntituzabahanganira, ahubwo tuzakomeza kubakurikirana no kubashyikiriza ubutabera.”
Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane uko nyakwigendera yishwe n’ababigizemo uruhare bose bafatwe.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show