English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyamagabe : Pasiteri akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 17 abanje ku musinziriza.

Umupasiteri wo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe ari gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe, akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wabaga mu rugo rwe.

Ibi bikekwa ko byabaye muri Nzeri 2024, ubwo umugore w’uyu Mupasiteri yari ari kwa muganga.

Amakuru aturuka mu Biro by’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda avuga ko uyu mwana yabanje guhabwa ikinyobwa cyamusinzirizaga, ari nabwo uwo mukozi w’Imana yakoze iki cyaha giteye inkeke.

Uwo mukobwa yari umwe mu barezwe n’uyu muryango, aho byari byitezwe ko arengerwa, nyamara agahohoterwa.

Icyaha cyo gusambanya abana ni icyaha gikomeye gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, aho uwagikoze ahabwa igihano gikomeye, hagamijwe gutanga ubutabera ku wahohotewe no kurinda abandi kuzagirirwa nabi.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko iperereza ryimbitse rikomeje kugira ngo ukuri gushyirwe ahagaragara, ndetse n’uwagizweho ingaruka ahabwe ubutabera.

Umwana wasambanyijwe, mu mabazwa ye, avuga ko nyuma yo gusambanywa na Pasiteri, yazanye agakoresho bapimisha inda (Test de Grossesse) amupimye asanga yarasamye, ubundi amubwira ko azamuha amafaranga akajya gukuramo iyo nda i Kigali.

Ni mu gihe uyu mukozi w’Imana uregwa gusambanya umwana w’umukobwa akanamutera inda, atemera icyaha akurikiranyweho.

Iki kibazo cyongeye gukebura sosiyete Nyarwanda ku bijyanye no kurinda abana ihohoterwa, cyane cyane aho rishobora gukorerwa mu ngo cyangwa ahandi hafatwa nk’ahantu hizewe.

Inzego z’ubuyobozi n’imiryango irasabwa gushyira imbaraga mu bukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, no gukangurira abantu gutanga amakuru y’abakekwaho ibyaha nk’ibi.

Rubanda irasabwa gukomeza kuba maso, gutanga amakuru ku gihe, no gufatanya mu guhashya ibikorwa nk’ibi bidasanzwe bikomeretsa umuryango Nyarwanda.



Izindi nkuru wasoma

Umusaza w’imyaka 75 yemeye ko yasambanyije umwuzukuru we w’imyaka 10, avuga n’impamvu

Rusizi: Byagenze bite ngo ingurube y’igipfizi ishinge imikaka umugore w’imyaka 37 y’amavuko?

Mark Carney w’imyaka 59 watowe ku mwanya wa Ministiri w’Intebe wa Kanada ni mutu ki?

Polisi yafashe abantu 30 bakurikiranyweho ubujura mu Mujyi wa Kigali.

Hamenyekanye icyateye urupfu rw’umunyeshuri w’imyaka 10 y’amavuko.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-23 08:17:52 CAT
Yasuwe: 108


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nyamagabe--Pasiteri-akurikiranyweho-gusambanya-umwana-wimyaka-17-abanje-ku-musinziriza.php