Rusizi: Byagenze bite ngo ingurube y’igipfizi ishinge imikaka umugore w’imyaka 37 y’amavuko?
Mu Mudugudu wa Banamba, Akagari ka Rasano, Umurenge wa Bweyeye, Akarere ka Rusizi, umugore w’imyaka 37 witwa Ngendakumana Marie ari kurerwa n’umugabo wari ufite ingurube yamurumye, nyuma yo kugirana impanuka itunguranye n’iyo nyamaswa yari ivuye kubangurira izindi.
Iyi ngurube y’igipfizi yari iy’uwitwa Nsengimana Céléstin, usanzwe atunzwe n’akazi ko kuzitiza aborozi kugira ngo zibangurire ingurube zabo.
Ubwo yarayishoreye, yahuye na Ngendakumana mu nzira, aramubwira ngo ave mu nzira ingurube itambuke. Nyamara atarabyumva neza, iyo ngurube yahise imusunika inamuruma munsi y’itako, amera nk’ukubiswe n’inkuba.
Nsengimana yahise amugira inama yo kujya kwa muganga, mbere yo kubanza kujyana ingurube iwe. Amaze kumusanga kwa muganga, yishyuriye ubuvuzi bw’ibanze bwa 12,450 Frw, ariko nyuma ubuyobozi bw’Akagari ka Rasano bwategetse ko akomeza kumuvuza ndetse akanamufasha mu mibereho.
Nshimiyimana Moise, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rasano, yavuze ko habayeho ubwumvikane hagati y’aba bombi, Nsengimana yemera kumuvuza kugeza akize no kumuha 20,000 Frw kugira ngo abashe gutunga abana be bane.
Uyu mugabo yavuze ko agiye kugurisha iyo ngurube, kuko aho kumugirira akamaro imuteranyije n’abaturanyi.
Ati: “Maze imyaka 5 ntunzwe no gukodesha ingurube z’imfizi, ariko iyi yo ngiye kuyigurisha kuko aho kungirira akamaro itumye mpomba.”
Uwimana Monique, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi w’agateganyo ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yavuze ko ubuyobozi bugiye gukurikirana ubuzima bwa Ngendakumana kandi bwongera kwihanangiriza aborozi ku kwirinda kuzerereza amatungo mu gasozi.
Yagize ati: “Uwo mubyeyi arimo kuvurwa, turakomeza gukurikirana uko amerewe. Nitubona akomeza kuremba, tuzamufasha kubona ubuvuzi bwisumbuye. Aborozi basabwe gucika ku muco wo kubungana ingurube ku gasozi, ahubwo bagakoresha uburyo bwo gutera intanga.”
Iri sanganya ryagaragaje ibibazo bishobora guterwa no kudohoka ku mabwiriza ajyanye n’ubworozi. Ubuyobozi burasaba aborozi gukomeza kubahiriza amahame yo gufata neza amatungo, hirindwa ibyago nk’ibi byahungabanya umutekano w’abaturage.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show