Hamenyekanye icyateye urupfu rw’umunyeshuri w’imyaka 10 y’amavuko.
Inkuru ibabaje yamenyekanye mu karere ka Nyanza, umurenge wa Nyagisozi, aho umurambo w’umwana w’imyaka 10 wasanzwe mu mugezi wa Kamiranzovu. Nyakwigendera, Habineza Rukundo, yari umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri cya Gasharu.
Amakuru yemeza ko Rukundo yari kumwe na bagenzi be bagiye kuvoma, mbere yo gufata amazi bakabanza kwidumbaguza muri uwo mugezi. Nyamara, aho bogeye hari harehare, maze abura uko asohoka, birangira aheze mu mazi ararohama.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyagisozi bufatanyije n’abaturage babashije gukura umurambo we mu mazi. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo murenge, Habinshuti Slydio, yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza ngo hamenyekane uko byagenze.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma. Iyi nkuru yateye agahinda mu baturage, aho benshi bibukijwe ingaruka z’ibidendezi by’amazi ku bana batari bamenya koga neza.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show