English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyagatare na Kayonza: Bane bashyikirijwe Polisi nyuma yo gufatanywa litiro 1 250 za kanyanga.

Abantu bane mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baririye ubunani muri kasho za Polisi nyuma yo gufatanwa inzoga itemewe ya kanyanga litiro 1,250.

Ku bunani Polisi yabashije gufata abantu bane batwaye ibiyobyabwenge by’inzoga itemewe ya kanyanga mu Turere twa Nyagatare na Kayonza bafatanywa litiro 1,250.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana ati “Hafashwe litiro za kanyanga 1,250 mu Turere tubiri, Nyagatare na Kayonza buri hose hafashwe abantu babiri babiri, ubu uko ari bane bafungiye kuri sitasiyo za Polisi muri utwo Turere.”

SP Hamdun Twizeyimana, yasabye abanyarwanda muri rusange kugabanya kunywa ibisindisha kuko bidatanga umunezero ahubwo bishobora guteza ibindi bibazo.

Yabasabye kandi kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge haba kubitunda cyangwa kubicuruza kuko ubifatiwemo ahanwa n’amategeko.



Izindi nkuru wasoma

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Uganda: Abantu Umunani basezerewe nyuma yo gukira Ebola, abandi amagana bari mu kato.

Rukoma: Polisi yamennye inzoga z’inkorano mu ruhame nyuma y’umukwabu ukomeye.

Urubyiruko rurakangurirwa kwirinda: Imibare y'ubwandu bushya bwa SIDA i Nyagatare iteye inkeke.

Rayon Sports yakomeje muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo guhemukira Rutsiro FC.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-02 16:59:36 CAT
Yasuwe: 79


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nyagatare-na-Kayonza-Bane-bashyikirijwe-Polisi-nyuma-yo-gufatanywa-litiro-1-250-za-kanyanga.php