English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uganda: Abantu Umunani basezerewe nyuma yo gukira Ebola, abandi amagana bari mu kato.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko abantu umunani bari barwaye Ebola bamaze gukira no gusezererwa, mu gihe abandi 265 bagikurikiranwa mu kato.

Iki cyorezo cyatangajwe bwa mbere mu mpera za Mutarama 2025, nyuma y’urupfu rw’umuforomo wakoreraga ku Bitaro Bikuru bya Mulago biherereye i Kampala. Kugeza ubu, icyateye iyi Ebola ni virusi yo mu bwoko bwa Sudan strain, ikaba itarabonerwa urukingo rutanga ubwirinzi bwuzuye.

Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Dr. Jane Ruth Aceng, yavuze ko nubwo nta wagaragaje ibimenyetso mu bari mu kato, bazakomeza gukurikiranwa mu gihe cy’iminsi 21 kugira ngo hirindwe ikwirakwira ry’icyorezo.

Uganda iri gufatanya n’inzego z’ubuzima mpuzamahanga kugira ngo hashyirweho ingamba zo gukumira Ebola, mu gihe ibigeragezo by’urukingo rw’iyo virusi bikomeje gukorwa.



Izindi nkuru wasoma

Ingabo za SADC zigiye gutaha zinyuze mu Rwanda nyuma yo gushyirwaho Igitutu na M23

Uko umutekano wifashe i Goma nyuma y’urusaku rw’imbunda ziremereye zaraye zumvikanye yo

Ibyihishe inyuma y’urupfu rw’umwana w’imyaka 15 i Ngoma

Nyuma y’igihe arembeye muri Amerika, agiye gutungurana mu gitaramo gikomeye i Kampala

Abari indorerwamo y’umuco nyarwanda: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye impano zidasanzwe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-19 17:40:10 CAT
Yasuwe: 107


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uganda-Abantu-Umunani-basezerewe-nyuma-yo-gukira-Ebola-265-abandi-amagana-bari-mu-kato.php