English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ntibisazwe: Umuhanzi Mike Kayihura afite inzozi zo kuba umutoza w’umupira w’amaguru.

Mike Kayihura, umuhanzi ukomeye mu karere k’Ibiyaga Bigari, wamenyekanye cyane mu ndirimbo nka “Sabrina” yakoranye na Kivumbi King na Dany Beats, “Jaribu,” “Tuza,” “Zuba,” na “Anytime,” yatangaje ko afite inzozi zo kuba umutoza w’umupira w’amaguru.

Ibi yabitangarije mu kiganiro Kigali In The Morning cyabereye kuri Radio Royal FM, aho yari atumiyemo umunyamakuru mu gace ka Friday Office Party. Aha, yavuze ko akunda cyane umukino w’umupira w’amaguru ndetse ko ari umufana ukomeye wa Arsenal. Yongeyeho ko afite inzozi zo kuzaba umutoza w’ikipe y’umupira w’amaguru mu gihe kizaza.

Mike kandi yavuze ko ubuhanga bwe mu gucuranga ibikoresho bya muzika nka Piano bushingiye ku buzima bwe bwabereye mu rusengero, aho yagiriye amahirwe yo kwiga muzika kuva mu bwana bwe.



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Inzozi mbi z’abashaka gusubiza u Rwanda mu mwijima ntizizigera zigerwaho – Minisitiri w’Ingabo

Meya Mutabazi yasaby urubyiruko kuba ku isonga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndwaye iki se? –Umutoza Robertinho yagaragaje ibinyoma byose bya Rayon Sports

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-07 16:41:41 CAT
Yasuwe: 169


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ntibisazwe-Umuhanzi-Mike-Kayihura-afite-inzozi-zo-kuba-umutoza-wumupira-wamaguru.php