English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ni ryari bazaruhuka mu cyubahiro? – Icyifuzo gikomeye ku rwibutso rushya rwa Jenoside i Nyamasheke

Abaturage bo mu Murenge wa Gihombo, mu Karere ka Nyamasheke, barasaba ko imirimo yo kubaka urwibutso rushya rwa Jenoside yakorewe Abatutsi yarangira vuba, ababo bakaruhukira mu cyubahiro. Sena, ubuyobozi bw’akarere n’inzego zitandukanye zemeza ko ikibazo kizwi kandi kirimo gukurikiranwa hafi.

Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi wabereye mu Murenge wa Gihombo, abaturage n’abayobozi bagaragaje icyifuzo gikomeye bafitiye urwibutso rushya rwari rwatangiye kubakwa ariko rukadindira.

Ubwo hatangwaga ubuhamya ku byabaye, umwe mu baturage yatangaje ashimira inzego z'ubuyobozi zagiye zitanga icyizere mu nama zagiye zikorwa. Ati ‘’Turishimye ko ikibazo cyacu cyumvwa kandi gikurikiranwa.”

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko icyiciro gikomeye cyarangiye

Mukankusi Athanasie, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yemeza ko akarere gafite icyifuzo kimwe n’abaturage: ko uru rwibutso rwuzura vuba.

Ati “Imirimo isigaye ni yo yoroshye kuko icyari kigoranye ni imva rusange. Turakurikiranira hafi ibisigaye bitewe n’ubushobozi bugenda buboneka.’’

Sena nayo iri maso

Senateri Nyinawamwiza Laétitia, ubwo yifatanyaga n’abaturage muri uwo muhango, yabwiye Imvaho Nshya ko nka Sena bakurikiranira hafi iki gikorwa, kandi ko n’ubushobozi bwo kurwubaka bugenda bujya ku murongo mu igenamigambi rya Leta.

Ati “Ni umushinga natwe nka Sena dukurikiranira hafi cyane. Biri n’amahire ndi Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’Iterambere ry’ubukungu n’imari, ingengo y’imari yo kurwubaka izajya itunyura imbere.”

Yavuze ko yaje nk’intumwa ya Sena kugira ngo yibonere ibibazo bigihari, bishakirwe ibisubizo mu maguru mashya.

Ati “Ibishoboka byose birakorwa, nubwo ntabizeza ngo ruzaba rwuzuye ejo cyangwa ejobundi, ariko icyifuzo cyabo ni icyacu: ko rwuzura vuba bishoboka rugashyingurwamo mu cyubahiro.”

Nsengimana Donatien |Ijambo.net



Izindi nkuru wasoma

Nyamasheke: Impamvu Kivu Beach Expo & Festival 2025 izahindura isura y’Intara y’Iburengerazuba

Gicumbi: Inkuru y’umubyeyi warokotse Jenoside, washimishijwe n’impano yahawe na DASSO

Ni ryari bazaruhuka mu cyubahiro? – Icyifuzo gikomeye ku rwibutso rushya rwa Jenoside i Nyamasheke

Icyifuzo gishya cyatanzwe ku Rwanda: Ingabo za SADC zasabye kunyura i Kigali mu rugendo rwo gutaha

Tariki ya 16 Mata 1994: Umunsi w’amarira n’umubabaro mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-05-06 10:56:40 CAT
Yasuwe: 80


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ni-ryari-bazaruhuka-mu-cyubahiro--Icyifuzo-gikomeye-ku-rwibutso-rushya-rwa-Jenoside-i-Nyamasheke.php