English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Mukura VS yagaraguje agati ikipe ya APR FC i Huye, Rayon Sports yongera ikinyuranyo cy’amanota.

Mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye kuri iki Cyumweru, Mukura Victory Sports yatsinze APR FC igitego 1-0, bikomeza gutuma Rayon Sports iguma ku mwanya wa mbere n'amanota ane iyirusha.

APR FC yari yagiye gukina izi neza ko mukeba wayo, Rayon Sports, yanganyije ku wa Gatandatu, bikaba byayihaga amahirwe yo kuyegera ku inota rimwe. Gusa ibyo ntiyabigezeho, kuko yatsinzwe na Mukura VS mu mukino waranzwe no guhangana gukomeye.

Destin Malanda yatsinze igitego cyahesheje Mukura VS intsinzi

Mukura VS yafunguye amazamu ku munota wa 18, nyuma y’akazi gakomeye ka Jordan Dimbumbu wahinduye umupira mwiza, maze Destin Malanda awushyira mu izamu rya APR FC ryari ririnzwe na Ishimwe Pierre. APR FC yagerageje kwishyura binyuze kuri Djibril Cheick Ouatarra, Denis Omedi na Hakim Kiwanuka, ariko ntibyabahiriye. Igice cya mbere cyarangiye Mukura VS iyoboye n’igitego 1-0.

Impinduka za APR FC ntizatanze umusaruro

Mu gice cya kabiri, APR FC yakoze impinduka zitandukanye igamije gukomeza gusatira. Yasimbuje Denis Omedi, Mahmadou Lamine Bah, Ruboneka Jean Bosco na Dauda Yussif, ishyiramo Nshimirimana Ismael Pitchou, Niyibizi Ramadhan, Mugisha Gilbert na Mamadou Sy. Nubwo iyi kipe yakomeje gushaka igitego cyo kwishyura, ntiyigeze igira amahirwe menshi yo gutsinda, kuko Mukura VS yakomeje kwihagararaho neza.

Mamadou Sy yabonye uburyo bukomeye ku munota wa 75, ariko umunyezamu wa Mukura VS, Ssebwato Nicholas, agaragaza ubuhanga akuramo umupira. APR FC yakomeje gukina isatira, ariko nta musaruro yabonye.

Mukura VS ikomeje kwigaragaza i Huye, APR FC iguma ku mwanya wa kabiri

APR FC itsinzwe umukino wa gatatu muri shampiyona, iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 37, inyuma ya Rayon Sports ifite amanota 41. Uyu mwaka, Stade Mpuzamahanga ya Huye yakomeje kubera APR FC umusozi utoroshye, kuko mu mukino ubanza yahatsindiwe n’Amagaju FC 1-0, mu gihe Mukura VS na yo yari yahatsindiye Rayon Sports ibitego 2-1.

Iyi ntsinzi ikomeje gukomeza Mukura VS, mu gihe APR FC igomba kongera imbaraga niba ishaka guhatanira igikombe cya shampiyona.



Izindi nkuru wasoma

Mu gihe hadakurikijwe itegeko ntago twiteguye gukinira Igikombe cy’Amahoro – Rayon Sports

Ese koko Mukura VS ishobora kudaterwa mpaga kubera raporo yihariye y’abatekinisiye?

Ndwaye iki se? –Umutoza Robertinho yagaragaje ibinyoma byose bya Rayon Sports

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-24 08:45:37 CAT
Yasuwe: 126


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Mukura-VS-yagaraguje-agati-ikipe-ya-APR-FC-i-Huye-Rayon-Sports-yongera-ikinyuranyo-cyamanota.php