Ndwaye iki se? –Umutoza Robertinho yagaragaje ibinyoma byose bya Rayon Sports
Umutoza wa Rayon Sports, Roberto Gonçalves de Carmo uzwi nka Robertinho, yatangaje ko nta burwayi afite, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwari bwatangaje ko bwamuhagaritse ku mpamvu z’uburwayi. Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, uyu mutoza yavuze ko yahagaritswe bidafite ishingiro kandi ko ibyo ashinjwa bifite aho bihuriye n’inyungu z’ubuyobozi.
Robertinho, uherutse guhagarikwa ku mugaragaro ku wa mbere w’iki cyumweru, yavuze ko ibyo kuba arwaye ari ibinyoma kuko nta n’uburwayi bw’amaso afite nk’uko bivugwa. Yagize ati: “Ndwaye iki se? Naba ndwaye nkabasha gukoresha telefone kandi namwe mwaje kundeba ari yo tuvuganiraho?”
Yongeyeho ko n’ubwo yaganiriye n’umuganga we ku kibazo cy’amaso, ngo byari byumvikanywe ko azayavura nyuma y’uko umwaka w’imikino urangira. “Ubu se uyu si umutuku? Uyu si umukara?” (yabivuze agaragaza amabara kuri telefone ye).
Robertinho yanenze ubuyobozi bwa Rayon Sports ku mpamvu zose zahawe mu kumuhagarika, zirimo umusaruro muke ndetse no kunanirwa gutuma abakinnyi bitabira imyitozo uko bikwiye.
Yagize ati: “Kuba turi inyuma ya APR FC inota rimwe si igisebo. Turi no muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro. Nta mpamvu y’uko bavuga ko ntatanga umusaruro.”
Yasobanuye kandi ko ibibazo by’abakinnyi basiba imyitozo bitamureba nk’umutoza ahubwo bikwiye kwitabwaho n’ubuyobozi bw’ikipe.
Uyu mutoza yasabye kwishyurwa amafaranga y’ibirarane by’amezi atatu bamurimo kugira ngo abashe gutaha iwabo muri Brazil. Kuri ubu, yahagaritswe mu gihe cy’amezi abiri, azarangirana n’amasezerano ye muri Rayon Sports.
Robertinho yagarutse muri Rayon Sports ku wa 22 Nyakanga 2024 nyuma y’imyaka itanu, aho mu mwaka w’imikino wa 2018-2019 yari yayihesheje igikombe cya shampiyona. Icyakora kuri ubu, iminsi ye mu Rwanda isa n’iyarangiriye mu rujijo n’amakimbirane.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show