English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Muhire Kevin: Umukinnyi w'ikirenga muri Shampiyona y’u Rwanda - Icyo Darko Novic avuga

Umutoza wa APR FC, Darko Novic, yagaragaje ko ashimishwa n’ubuhanga bwa kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, ndetse amwita umukinnyi ufite ubuhanga kurusha abandi muri shampiyona y’u Rwanda.

Ibi yabitangaje nyuma y’umukino w’umunsi wa 20 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Sitade Amahoro ku Cyumweru, warangiye APR FC na Rayon Sports zinganyije 0-0.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Novic yashimiye abakinnyi be uburyo bitwaye mu kugarira, ariko yemeza ko Muhire Kevin ari we mukinnyi mwiza mu gucunga umupira n’imipira y’imiterekano.

Ati: "Ntabwo byoroshye gukina na Rayon Sports ifite abakinnyi barebare kandi bafite ubuhanga mu gusatira. Bafite nimero 11… yego, Muhire Kevin, birashoboka ko ari we mukinnyi mwiza ku kirenge muri shampiyona, ku buryo atera imipira y’imiterekano ndetse nanabibwiye umunyezamu wanjye.”

Nyuma y’uyu mukino, Rayon Sports iracyayoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 43, ikurikirwa na APR FC ifite amanota 42.



Izindi nkuru wasoma

Inzozi mbi z’abashaka gusubiza u Rwanda mu mwijima ntizizigera zigerwaho – Minisitiri w’Ingabo

RIB yataye muri yombi Meya wahoze ayobora Akarere ka Nyanza

Imiryango 4 y’ubucuruzi yahiye irakongoka – Ibyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-10 15:34:55 CAT
Yasuwe: 83


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Muhire-Kevin-Umukinnyi-wikirenga-muri-Shampiyona-yu-Rwanda--Icyo-Darko-Novic-avuga.php