English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyatangaje ko kiri gukusanya amakuru ku batanga serivisi z’ubukwe, nyuma y’uko inyandiko yasakaye ku mbuga nkoranyambaga isabye amakuru y’abakora decoration, amajwi, n’ibiribwa mu bukwe, yateje impaka ndende.

Iyi nyandiko yagaragaye bwa mbere ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, yatumye benshi bibaza niba RRA igiye gutangira gutoza imisoro abakorera muri ibi bikorwa by’ubukwe, cyane cyane ko harimo gusabwa amazina, nimero za telefone na TIN z’abatanga serivisi, ndetse n’amakuru y’abakoze ubukwe.

RRA yasubije ibinyujije kuri konti ya X nyuma y’uko umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu, ashyize hanze iyi nyandiko, igaragaza ko ibi atari bishya.

Ubuyobozi bwagize buti: “Amakuru agendanye n’abatanga serivisi zishyurwa mu birori asanzwe asabwa mu rwego rwo gukurikirana ko abakora imirimo ibyara inyungu banditswe kandi bubahiriza amategeko y’imisoro.”

Ibi bije nyuma y’icyumweru kimwe Depite Sarah Kayitesi asabye ibisobanuro kuri RRA ku bijyanye n’abasanzwe bakora nk’abayobora ibirori (MCs), ababigize umwuga ariko badafite uburyo bwo gusora.

Yagize ati: “Usanga bakorera amafaranga menshi, ese bo mwaba mwarabatekerejeho kugira ngo imisoro y’igihugu yiyongere?”

Komiseri wa RRA, Ronald Niwenshuti, yavuze ko ikibazo atari MCs gusa, ahubwo ko hari n’abandi benshi bo mu cyiciro cy’ubucuruzi butanditse (informal sector) bigoye gukurikirana, barimo abashyiraho amahema n’abakora decoration.

Yakomeje avuga ko mu mwaka ushize RRA ifatanyije na Polisi y’u Rwanda yatangiye ubukangurambaga bwo kugenzura ibibera mu bukwe, ariko igasanga uburyo bwiza ari ugutoza abo bantu mbere, aho bajya no kubasura batunguranye mu birori byo ku minsi y’ikiruhuko.

Yagize ati: “Turabigisha ariko abinangiye, tujya tubasura tubatunguye muri ubu bukwe bwo ku wa Gatandatu, ariko tukabyitwaramo neza kugira ngo tutarogoya imihango.”

Iyi gahunda ya RRA iributsa ko n’aho hataba ibikorwa by’ubucuruzi binini, buri muturage wese ugira uruhare mu mirimo ibyara inyungu agomba kwiyandikisha kandi agatanga umusanzu we mu misoro, nk’uko biteganywa n’amategeko y’igihugu.



Izindi nkuru wasoma

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$

Rayon Sports mu Gihirahiro: Robertinho na Mazimpaka bahagaritswe mbere y’urugamba na Mukura VS

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yanze gupfukamira abadepite, atanga igisubizo cyakuruye impaka

Rusizi: Uko byagendekeye umukobwa wabyariye mu nzira agahita aniga uruhinja rwe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-15 12:25:33 CAT
Yasuwe: 40


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Imihango-yubukwe-RRA-yatanze-umucyo-ku-makuru-yari-yateje-impaka-ku-mbuga-nkoranyambaga.php