English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Inzozi mbi z’abashaka gusubiza u Rwanda mu mwijima ntizizigera zigerwaho – Minisitiri w’Ingabo

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Hon. Juvenal Marizamunda, yihanangirije bikomeye abafite umugambi wo gusubiza igihugu mu icuraburindi, abamenyesha ko ibyo batekereza ari inzozi mbi batazigera bakabya.

Ibi yabigarutseho ku wa 15 Mata 2025, ubwo hibukwaga Abatutsi bazize Jenoside mu cyahoze ari Cour d’Appel de Ruhengeri n’abajugunywe mu mugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze.

Mu ijambo ryuje ubutwari, Minisitiri Marizamunda yagize ati: “Abayobozi babo, mu bushishozi buke, bakirata bavuga ko bazabigeraho — kurota ko basubiza u Rwanda mu icuraburindi ni inzozi mbi batazigera bakabya.”

Yakomeje ashimangira ko u Rwanda rwubakiye ku mucyo, ko icuraburindi ryaciyemo ritazongera kurwigarurira ukundi, yizeza abarokotse ko bafite igihugu kibashyigikiye.

Yibukije ko ingengabitekerezo ya Jenoside igihari, haba mu gihugu imbere n’ubundi bice by’isi, aho bamwe bayikwirakwiza cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga. Yavuze ko ubutabera bugiye gukaza umurego mu guhangana n’abakora ibi byaha, kandi ko nta kwihanganira abazabigaragaramo.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Musanze, Rusisiro Festo, yasabye ko abapfobya Jenoside n’abayihakana bakurikiranwa mu buryo budasanzwe.

Ati “Ntabwo umuntu uzajya atuka undi amugarura mu mateka ya Jenoside azajya afungwa ngo ahite arekurwa. Ubutabera buzabihe umwihariko kugira ngo bitazasubira ukundi.”

Ubutumwa bwatanzwe muri uyu muhango ni ishimangira ry’uko u Rwanda rutarambirwa guharanira ukuri, kubungabunga amateka yaryo no guhangana n’abashaka kurwigarurira binyuze mu bitekerezo by’irondabwoko n’urwango.



Izindi nkuru wasoma

Inkuru idasanzwe y’Abapolisi b’u Rwanda barangije ubutumwa muri Centrafrique

Nta muturage ugomba kongera kwimurwa adahawe ingurane – Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Rinda isura y’Igihugu: Impanuro zikarishye Polisi y’u Rwanda yahaye aboherejwe muri Centrafrique

Uko u Rwanda rushobora kuba igisubizo ku kibazo cy’abimukira Amerika yananiwe gukemura

Byacitse! Imodoka 34 z’ingabo za SADC zinjiye mu Rwanda zerekeza Tanzania



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-16 14:36:53 CAT
Yasuwe: 100


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Inzozi-mbi-zabashaka-gusubiza-u-Rwanda-mu-mwijima-ntizizigera-zigerwaho--Minisitiri-wIngabo.php