English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Mozambique:Ingabo z'u Rwanda zashikirije ubuyobozi ishuri rivuguruye ryari ryatwitswe n'ibyihebe

Ku wa kabiri tariki ya 11 Kamena muri Mozambique habaye umuhango wo gutanga ishuri ribanza rya Escola Primaria de Ntotwe riherereye mu birometero 25 uvuye mu Karera ka Macimboa da Praia bikozwe n'ingabo z'u Rwanda zifatanya n'iza Mozambique mu guhangana n'ibyihebe byo muri icyo gihugu.

Ni umuhango wayobowe na Maj Gen Alex Kagame,Komanda wa Task force ihuriweho y'abashinzwe umutekano b'u Rwanda (RSF) na Mozambique.

Iri shuri ryari ryaratwiswe n'ibyihebe ubwo byateraga kandi bigatatanya abaturage bo muri uwo mudugdu tariki ya 03 Mutarama 2024, aba baturage bakaba barahagarutse nyuma yaho abashinzwe umutekano b'u Rwanda bari batabaye.

Nyuma y'ibyo bitero ibyihebe byimukiye mu Mudugudu wa Naquitenge mu Karere ka Mocimoa da Praia ariko ingabo zu Rwanda zirabakurikirana zibasha kugarura ibikoresho, ibiribwa byasahuwe muri uwo mudugudu. ibikoresho byasahuwe byasubujwe ba nyirabyo mu Midigudu ya Ntotwe na Chabanga

Nyuma yuko ingabo z'u Rwanda risoje ibikorwa byo gusana iryo shuri nibwo habaye igikorwa cyo kurimurikira abayobozi, Abari bitabiriye uyu muhango barimo abaturage 3,000 ba Macimboa n'abashinzwe umutekano w'u Rwanda na Mozambique.

Hatanzwe kandi ibitabo by'imyitozo 1000 hamwe n'amakaye 1000 ibyo bikaba byahawe abanyeshuri 500 mu gihe abarimu bahawe amakaramu n'amakaye hamwe n'inzitiramibu 680 ku bagore batwite.

Umuyobozi w'Akarere ka Mocimboa da Praia wari uhagarariye Guverinoma ya Mozambique muri uwo muhango Sergio Domingo Cypriano yavuze ko ashimira inzego z'umutekano z'u Rwanda zifatanije niza Mozambique kuba zarabashije kwirukana inyeshyamba zikagarura ubuzima mu baturage kandi aboneraho gusaba ababyeyi kohereza abana babo mu mashuri  kandi bagakomeza gufatanya n'inzego zishinzwe umutekano z'u Rwanda na Mozambique.



Izindi nkuru wasoma

Amir wa Qutar yohererje u Rwanda ubutumwa bijyanye n'umunsi w'ubwigenge

Umuti witwa AFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg waharitswe ku isoko ry'u Rwanda

Mukeka ko ari iyihe mpamvu ituma ibihugu byinshi bikunda gushora imari mu Rwanda-Francis Gatare

Dore akayabo k'amadorari ubukerugendo bwinjirije u Rwanda mu myaka 30 ishize

Ambasaderi Bazivamo yashyikirije Perezida Traoré impapuro zimwemerera guhagararirayo u Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-12 05:37:21 CAT
Yasuwe: 142


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/MozambiqueIngabo-zu-Rwanda-zashikirije-ubuyobozi-ishuri-ryari-ryatwitswe-nibyihebe.php