English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Minisitiri Nduhungirehe yagaragarije UN ko DRC ikomeje kwica Abatutsi, asaba amahanga guhaguruka.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Akanama k’Uburenganzira bwa Muntu ka Loni uburyo Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ikomeje ibikorwa byo kwica no gutoteza Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, batuye mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Mu ijambo yagejeje ku bateraniye muri iyo nama, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko imvugo z’urwango zishishikariza ubwicanyi zimaze gushinga imizi mu bayobozi ba DRC, aho bamwe mu bategetsi bakuru barimo abadepite bagenda bavuga amagambo asebya Abatutsi, bagamije kubakuraho.

Yatanze ibimenyetso ku bwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo, harimo abarasiwe mu miryango yabo muri Kivu y’Amajyepfo, abasutsweho amabombe i Minembwe, ndetse n’abo mu bwoko bw’Abahema bishwe n’umutwe wa CODECO ufashwa na Leta ya Kinshasa. Yanagaragaje ko mu murwa mukuru wa DRC, Kinshasa, hari abatotezwa bagashyirwa mu mamodoka ya Polisi bakajyanwa ahantu hatazwi, ibintu bikomeje gufata indi ntera.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibyo bikorwa bibayeho Isi irebera, kandi ko bigaragaza ukutagira icyo Umuryango Mpuzamahanga urimo gukora mu gukumira icyaha cya Jenoside.

Yasabye Akanama k’Uburenganzira bwa Muntu ka Loni guhagurukira iki kibazo, kigakora iperereza ryimbitse kuri ubwo bwicanyi, ndetse kigafata ingamba zo gukumira ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi muri DRC.

Yakomeje avuga ko u Rwanda ruzakomeza gushyigikira amahame mpuzamahanga yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, kandi rugaharanira ko umutekano n’amahoro bigaruka mu karere k’Ibiyaga Bigari.



Izindi nkuru wasoma

Uko RDC yishyuye Ibitangazamakuru mpuzamahanga 13 ngo bikwirakwize ibinyoma bisebya M23

Impamvu yatumye Umugabo agerageza kwica umukozi w’Urukiko rwa Gasabo akoresheje imbago

Minisitiri Bizimana ashinja RDC n’u Burundi gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside mu karere

Ibihano by’amahanga ntibibangamiye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda- Abashoramari.

Iyo unyoye urasara: Inzoga y’inkorano yiswe 'Mudu’ ikomeje guteza umutekano muke i Rubavu.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-26 17:27:13 CAT
Yasuwe: 81


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Minisitiri-Nduhungirehe-yagaragarije-UN-ko-DRC-ikomeje-kwica-Abatutsi-asaba-amahanga-guhaguruka.php