English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Meteo Rwanda: Hateganyijwe umuyaga ufite ubukana buri hejuru.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje iteganyagihe riburira, aho kivuga ko hateganyijwe umuyaga mwinshi hagati y’itariki ya 3 n’itariki ya 4 Ukwakira 2024.ni muri ubwo buryo abantu bashobora kwigengesera.

Hagati y’itariki ya 3 n’itariki ya 4 Ukwakira 2024, mu bice bitandukanye by’Igihugu hateganyijwe umuyaga mwinshi, ufite umuvuduko wa metero 6 kugeza kuri metero 13 ku isegonda. Umuyaga mwinshi uri hejuru ya metero 12 ku isegonda, uteganyijwe mu turere twa Kirehe, Rutsiro, mu bice by’Amajyaruguru y’Uturere twa Rubavu, Nyabihu na Nyamasheke ndetse no mu Burengerazuba bw’Uturere twa Karongi na Musanze.

Umuyaga mwinshi uri hagati ya metero umunani ku isegonda na metero 12 ku isegonda uteganyijwe mu bice byinshi by’Intara y’Iburasirazuba ukuyemo Pariki y’Igihugu y’Akagera, Akarere ka Rwamagana no mu Burengerazuba bw’Akarere ka Ngoma, uteganyijwe kandi mu bice bisigaye by’Intara y’Iburengerazuba ndetse n’iby’Akarere ka Musanze, mu Majyaruguru y’Akarere ka Gicumbi no mu Burengerazuba bwa Nyamagabe ndetse no mu Karere ka Burera. Ahandi hasigaye mu gihugu hateganyijwe umuyaga uringaniye ushyira mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero esheshatu ku isegonda na metero umunani ku isegonda.



Izindi nkuru wasoma

DRC: 23 bapfuye, 58 bararokoka, 219 baburirwa irengero mu mpanuka y’ubwato.

Meteo Rwanda: Hateganyijwe umuyaga ufite ubukana buri hejuru.

Rwanda: Abagera 70.000 mu myaka ine bagiye guhugurwa mu myuga higanjemo iyikoranabuhanga.

Meteo Rwanda yasobanuye iby'imvura igiye kugwa mu mezi atatu ari imbere

DRC:Ubwato bwarohamye abarenga 100 baburirwa irengero



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-03 07:21:21 CAT
Yasuwe: 16


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Meteo-Rwanda-Hateganyijwe-umuyaga-ufite-ubukana-buri-hejuru.php