English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Menya imyanzuro yavuye  mu  ntama  idasazwe ya  Kiyovu Sports  nyuma yo gutsindwa  ubutitsa.

Kiyovu  Sports igeze aho umwana arira nyina  ntiyumve, yateguye intama y’igitaraganya  nyuma yo gutsindwa imikino itatu ikurikirana, ubuyobozi, abakinnyi, umuyobozi w’abakunzi ba Kiyovu Sports ndetse n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’iyi kipe, bakoranye inama idasanzwe basasa inzobe bashaka umuti wo kurwana ku izina ry’iyi kipe igeze  mu marembera.

Kiyovu Sports yatangiye shampiyona ifite ibibazo by’amage  byo kuba  yarafatiwe ibihano n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, kubera kutubahiriza amasezerano ya bamwe mu bari abakinnyi ba yo mu mwaka wa 2023- 2024 w’imikino.

Ibihano bya fatiwe ikipe ya Kiyovu Sports, ni ibyo kutinjiza abakinnyi bashya yaba abakina imbere mu Gihugu cyangwa abavuye hanze y’u Rwanda.

Ibi byateje igihombo gikomeye cyane iyi kipe cyo kubura abakinnyi yari yagiranye na bo amasezerano, yisanga igomba gukoresha abarimo abo mu kipe y’abato kugeza igihe ikibazo kizakemukira. Ibyo kandi byanatumye itakaza imikino  itatu  yose ikaba yarayistizwe, aho iyi kipe imaze gukina imikino ine muri rusange itsinda  umwe, nayo itsindwa itatu.

Abakunzi bakomeye  ba Kiyovu Sports bakimara kubona ko  ikipe yabo iri kurohama bafashe  umwanzuro wo kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo abakinnyi bahari bakomeze barwane ku izina ry’iyi kipe yo ku Mumena, cyane ko ibimenyetso bigaragaza ko ikipe igeramiwe.

Batumijeho intama yabaye  ku wa mbere tariki ya 30 Nzeri, yahuje abashobora kugira uruhare mu cyatuma Urucaca rubasha gushaka intsinzi mu mikino yindi isigaye.

Mu bitabiriye iyi ntama harimo Komite Nyobozi, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi, abatoza, abakinnyi ndetse n’umuyobozi w’abakunzi b’iyi kipe ku rwego rw’Igihugu. Yari iyo gushakira hamwe umuti ku bibazo iyi kipe ifite muri rusange .

Abakinnyi ba Kiyovu Sports bagaragarije ubuyobozi ibibazo bafite birimo ko bamwe bahindurirwa imyanya mu kibuga, bigatuma badatanga umusaruro mwiza, bagaragaza ko bafite ibibazo by’ubukene kubera imishahara ikipe ibabereyemo n’ibindi.

Banavuze ko abakinnyi bakiri bato bazamuwe mu ikipe nkuru batabonye imyitozo ihagije, kandi nyamara bari mu bagomba kwifashishwa kubera ikibazo cy’umubare muto w’abakinnyi ikipe ifite..

Nyuma yo kugaragaza ibi bibazo byose, hafashwe imyanzuro irimo ko biyemeye gukora cyane bakarwana ku izina ry’umwambaro bambaye. Biyemeje ko bagiye gukora cyane mu kiruhuko cya shampiyona kugira ngo bazashake amanota mu mikino isigaye.

Abakinnyi kandi biyemeje ko ubwo shampiyona izaba igarutse, bazaha ibyishimo abakunzi ba bayo kandi biteguye kurwana ku izina ry’ikipe kugeza ibihano birangiye. Bavuze ko bagiye kwitoramo batatu bazaba bashinzwe Imyitwarire ] ya bagenzi ba bo.

Umutoza mukuruwa Kiyovu Sports, yagaragarije ubuyobozi ko zimwe mu mbogamizi zikomeye afite, ari uko abakinnyi hafi ya bose babanzamo ubu atari bo babanzagamo umwaka ushize. Ibi bikaba byaratumye kumenyerana bitinda  bibabera imbogamizi.

Umutoza yagaragaje ko ikipe ifite abakinnyi bashoboye ariko bisaba ko ubuyobozi bubaba hafi cyane, bakaganirizwa cyane ndetse bagafashwa no mu bijyanye n’amikoro. Yasabye ubuyobozi gufasha abakinnyi bya buri munsi.

Nyuma yo kugaragaza izi mbogambizi ku mutoza, Komite Nyobozi yafashe imyanzuro irimo ko Visi Perezida wa Kabiri, agomba kujya akorana bya hafi n’umutoza hagamijwe kumenya ibibazo bya buri munsi by’abakinnyi n’abatoza.

Hemejwe kandi ko hagomba kugarurwa abakinnyi  bakiniraga Kiyovu Sports umwaka ushize ariko ubu badafite akazi, mu rwego rwo kongera umubare w’abakinnyi bidashishwa.

Hemejwe kandi ko hakwiye kujya hakorwa Inama nyunguranabitekerezo, zo kureba uko akazi gakorwa kugira ngo habeho ubufatanye bwa buri wese.

Biteganijwe ko  Kiyovu Sports izongera kwemererwa kwinjiza abakinnyi bashya  muri Kamena mu mwaka utaha wa 2024-2025.

Donatien Nsengimana.



Izindi nkuru wasoma

Basketball mu Bagore: APR WBBC na REG WBBC zongeye kwisanga ku mukino wa nyuma.

Undi munyamakuru wa Kiss FM yaseze, nyuma ya Andy Bumuntu.

Menya icyatumye Visi Perezida wa Kenya yeguzwa. Agombwa no kuryozwa ibyaha 11 ashijwa.

Menya imyanzuro yavuye mu ntama idasazwe ya Kiyovu Sports nyuma yo gutsindwa ubutitsa.

Menya icyatumye Gerard Mbabazi asezera kuri RBA.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-01 16:51:24 CAT
Yasuwe: 22


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Menya-imyanzuro-yavuye--mu--ntama--idasazwe-ya--Kiyovu-Sports--nyuma-yo-gutsindwa--ubutitsa.php