English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Melodie akumbuye Yago: “Ndamukumbuye, ariko nkumbuye uko yari ameze mu bihe byashize”

Umuhanzi Bruce Melodie yatangaje ko akumbuye mugenzi we Yago, ariko avuga ko akumbuye Yago wa kera, mbere y’uko ajya muri Uganda. Bruce Melodie, mu kiganiro yagiranye na The Choice Live, yavuze ko yifuza gusubira mu bihe byiza byashize, aho Yago yari azwiho gukora ibiganiro byiza, no guhora aseka.

Yagize ati: “Ndamukumbuye, ariko nkumbuye uko yahoze ameze. Ntabwo nkumbuye uw’ubungubu. Yago wa kera yakoraga ibiganiro agahora aseka, ariko uw’ubungubu hajemo ibintu by’ishaza.”

Bruce Melodie yagarutse no ku bibazo byagiye bivuka hagati yabo n’abandi, ariko nyuma bakaza gusabana imbabazi, bigaragaza ko hari amahoro yasubiye hagati yabo.

Yago yari yatandukanye n'abandi bahanzi bari bafitanye umubano, akajya muri Uganda kubera ibibazo byagaragaraga hagati ye na bamwe mu bo yakoranye, ariko ubu noneho ibintu byarushijeho gusubira mu buryo bwiza.

Bruce Melodie yavuze ko gukumbura umuhanzi Yago ari ikimenyetso cy’uko ibintu bishobora guhinduka, ndetse ko yifuza ko igihe cyose kizasubira mu buryo bwiza kandi bw'amahoro.



Izindi nkuru wasoma

Twibukiranye ibihe by’ingenzi byariranze Tour du Rwanda kuva ryatangira n’abaryegukanye.

U Rwanda rwahagaritse ubufatanye n'u Bubiligi mu mishinga yari ifite agaciro ka miliyari 131 Frw.

Abahanzi b’ibirangiriere ku Isi, Jay-Z na P. Diddy bigobotoye ingoyi yari ibaboshye.

Bruce Melodie yavuze uko yahanganaga n'abavugaga ko afite isura idashamaje.

Umuraperi Kendrick Lamar ya kukumbye ibihembo byinshi muri Grammy Awards 2025.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-01 11:01:15 CAT
Yasuwe: 107


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Melodie-akumbuye-Yago-Ndamukumbuye-ariko-nkumbuye-uko-yari-ameze-mu-bihe-byashize.php