English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Félix Tshisekedi yashimangiye ubushuti budasanzwe yari afitanye na Vital Kamerhe 

 

 

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yatangaje ko na we yabwiwe iyegura rya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe, ubwo yari mu rugendo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagize ati, “Njyewe ubwanjye ntabwo narinyiriwe mu rugendo rwo kumukuraho. Ibyabaye byose ni ibya politiki y’Inteko. Numvise amakuru nka buri wese, kandi nta ruhare na ruto mbifitemo.”

Kamerhe yeguye nyuma y’igitutu cy’Abadepite

Kamerhe yeguye ku wa 22 Nzeri 2025, nyuma y’uko abadepite barenga 260 basinye icyifuzo cyo kumukuraho. Bamushinjaga imicungire itumvikana y’Inteko, kudaha bagenzi be ijambo ndetse no guhagarika ubugenzuzi ku mikorere y’inzego za Leta.

Ibi byatumye mu Nteko hagaragara kutumvikana gukomeye hagati y’abadepite n’ubuyobozi bwayo, bigera aho we ubwe afata icyemezo cyo kwegura.

Tshisekedi akomeza kumufata nk’umuvandimwe

Nubwo habayeho iyegura ryatangije impaka muri politiki ya RDC, Tshisekedi yavuze ko bitavuze ko amacuti ye na Kamerhe yarangiye.

Yagize ati, “Vital Kamerhe ni umuvandimwe wanjye. Twanyuze byinshi hamwe muri politiki y’igihugu cyacu. Iyegura rye ntabwo rihindura uko mubona.”

Ibibazo bisigaye ku nteko

Iyegura rya Kamerhe ryasize inteko mu bihe bikomeye, kuko abadepite bagomba kongera kwiyemeza guhitamo umuyobozi mushya uzasimbura Kamerhe. Hari kandi impungenge ko amakimbirane hagati y’inteko n’ubuyobozi bwa Leta ashobora gukomeza.

 

 

 

Abasesenguzi bavuga ko ibyabaye kuri Kamerhe ari isomo rikomeye mu miyoborere y’inzego za Leta muri RDC, aho kugaragaza ubushishozi n’ubufatanye bizaba ngombwa mu gihe kiri imbere.



Izindi nkuru wasoma

Félix Tshisekedi yashimangiye ubushuti budasanzwe yari afitanye na Vital Kamerhe

Ni ryari umuntu ahagarika gukura burundu?

Icyayi n’Ikawa byahinduye ubuzima: Nyaruguru yinjije miliyari 20 Frw

Inkongi y’umuriro yafashe indege ya Boeing 737 Max i Denver yari irimo abagenzi barenga 150

Perezida Tshisekedi mu nzira zo gushyiraho Guverinoma nshya



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-09-23 11:14:51 CAT
Yasuwe: 74


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Flix-Tshisekedi-yashimangiye-ubushuti-budasanzwe-yari-afitanye-na-Vital-Kamerhe-.php