English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Madamu Jeannette Kagame yataramanye n’abana abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Madamu Jeannette Kagame yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu basaga 300, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Ibirori byabereye muri Village Urugwiro byateguwe mu rwego rwo gusangira ndetse no kubasusurutsa basoza umwaka wa 2024.

Ibyo birori byaranzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro birimo udukino, imbyino, gushushanya, gukina umupira, gusoma ibitabo, abana berekana impano zabo, n’ibindi.

Abana bashimiye Madamu Jeannette Kagame wabatumiye banamugaragariza ibyishimo binyuze mu mbyino, indirimbo, imivugo n’imikino itandukanye.

 

Mu mpera za buri mwaka, Madamu Jeannette Kagame, yakira abana baturutse hirya no hino mu Gihugu bakagirana ubusabane, bakanasangira, bakifurizanya gusoza umwaka neza no kwinjira mu wundi mwaka bishimye.

 



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu bitabiriye igitaramo cya John Legend.

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana Béatha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

Nta muntu n’umwe nzatakambira ngo ampe uruhushya rwo kubaho - Perezida Kagame.

Perezida Kagame mu nama ya AU yihanangirije abashinja u Rwanda ibibazo bya Congo.

Perezida Kagame yageze i Addis Abeba mu nama ya 38 y’Abakuru b’Ibihugu ba AU.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-22 07:17:46 CAT
Yasuwe: 61


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Madamu-Jeannette-Kagame-yataramanye-nabana-abifuriza-iminsi-mikuru-myiza-ya-Noheli-nUbunani.php