English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

MUSANZE: BAVUMBUYE IKORANABUHANGA RYAKWIFASHISHWA MU KUNOZA ISUKU.

Abana bo mu Karere ka Musanze bavuga ko kwiga Ikoranabuhanga bibafasha gutekereza no gushyira mu bikorwa inzozi bifitemo.

Ynaditswe na Manizabayo Jeannette

Ashimwe Rugwiro Gabriella na Manzi Jean Luc biga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ku Urwunge rw’amashuri ya Muhoza I aherereye mu karere ka Musanze.

Bifashishije ikoranabuhanga bavumbuye uburyo bushobora kwifashishwa mu kunoza isuku ku mashuri, kwa muganga, aho basengera n’ahandi hose hahurira abantu benshi. Ni uburyo bufasha umuntu kujugunya imyanda mu ngarani (dustbin) atabanje gupfundura.

Gabriella agira ati: “Twatekereje gukora ingarani mu rwego rwo gusigasira isuku kuko ahantu hahurira abantu benshi iba ikenewe. Nko kwa muganga hahurira abantu benshi kandi hari igihe umurwayi aba arwaye cyane; urumva iyo haziyemo umwanda ushobora gusanga ahise apfa”.

Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umwana w’Umunyafurika mu karere ka Musanze ku nsanganyamatsiko igira iti:Uburezi kuri bose, igihe ni iki”, aba bana bashimiwe uyu mushinga bakoze ari na wo waje ku mwanya wa mbere, bahembwa mudasobwa n’ibindi bikoresho bitandukanye birimo n’ iby’ ishuri.

Ni abana bahamya ko bashishikajwe no  gukomeza kuwuha ireme no kuwagura, ku buryo babonye amikoro guverinoma yazawusuzuma igatangira kwifashishwa mu gusigasira isuku kandi amafaranga ahabwa abantu bakora ako kazi ashobora kwifashishwa mu gukora indi mirimo.

Uretse ibikoresho bikenerwa mu isuku kandi bavumbuye n’ uburyo Irrigation robot” rikoreshwa mu kuhira imyaka mu butaka bwumye n’indi y’imodoka yikoresha(automatic) ku buryo ihura n’ikintu igasubira inyuma gusa bavuga ko idafite ubushobozi bwo gukata kubera ibikoresho byabaye bike.

Habumugisha Emmanuel Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana NCDA mu Karere ka Musanze, avuga ko: “Impano nk’izi kuzishyigikira, tukarinda ko abana baziherana mu mpapuro, ahubwo tukabaha urubuga bazamuriramo ubwo bumenyi byatanga ibisubizo by’ahazaza ku kwikemurira ibibazo bihari, cyane cyane byubakiye ku ikoranabuhanga”.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Kayiranga Theobald avuga ko abana bafite ubuhanga mu ikoranabuhanga n’abandi bana bifuza kwihugura, bazafashwa mu biruhuko bagiye kwinjiramo.

Agwize na Manzi bahembwe ibikoresho birimo mudasobwa n'ibikoresho by'ishuri.



Izindi nkuru wasoma

MUSANZE: BAVUMBUYE IKORANABUHANGA RYAKWIFASHISHWA MU KUNOZA ISUKU

Rutsiro:Umurenge wa Kivumu niwo wegukanye imodoka mu marushanwa y'isuku n'umutekano

Musanze:Yafatanywe Litiro 2000 by'inzoga zitwa "Nzoga Ejo" ahita aburirwa irengero

Musanze:Abapolisi 34 bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika bagiye guhabwa impamyabumenyi

Musanze:Mu bwiherero bwa Kaminuza hasanzwemo uruhinja rwishwe



Author: Paul Adamson, Webmaster & International Correspondent Published: 2024-06-29 13:09:29 CAT
Yasuwe: 43


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/MUSANZE-BAVUMBUYE-IKORANABUHANGA-RYAKWIFASHISHWA-MU-KUNOZA-ISUKU.php