Kwibuka Intwari z’i Nyange: Ubutwari nk’isomo ryo guhangana n’ikibi
Kuri uyu wa 18 Werurwe 2025, mu Karere ka Ngororero hizihijwe ku nshuro ya 28 ubutwari bw’abanyeshuri b’i Nyange, bashyizwe mu cyiciro cy’Intwari z’Imena nyuma yo kwanga kwitandukanya hagendewe ku moko ubwo bagabwagaho igitero n’abacengezi mu 1997. Kuri uyu munsi hagaragajwe ubutumwa bukomeye ku rubyiruko, bugaragaza ubutwari butari ubwo mu bihe by’intambara gusa, ahubwo ari n’indangagaciro zigomba kwimakazwa mu buzima bwa buri munsi.
Abanyeshuri biga muri Ecole Secondaire Nyange basanga kwifatanya muri Club y’Umuco n’Ubutwari ari imwe mu nzira zibafasha gukomeza umurage w’ubutwari basigiwe n’ababanjirije. Muri iyi club, abanyeshuri 50 bigishwa indangagaciro z’ubumwe, gukunda igihugu, no guhagarara ku kuri kabone n’iyo cyaba gishyigikiwe n’abanyembaraga.
Mujawamahoro Chantal, umwe mu banyeshuri baguye muri ubwo bugizi bwa nabi, yatanze urugero rukomeye ubwo yavugaga ati: "Nta Muhutu nta Mututsi turi Abanyarwanda," amagambo yahinduye amateka, yereka isi ko ubutwari bushobora kwigaragaza mu mwanya umwe kandi bugahindura byinshi.
Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, Ngarambe François, avuga ko ubutwari budakwiye gufatwa nk’ibigwi by’intambara gusa, ahubwo bugomba kwinjizwa mu buzima bwa buri munsi.
Yagize ati: “Kwemera gutanga ubuzima si bwo butwari bwonyine. No kurwanya ikibi mu buzima bwa buri munsi ni ubutwari.”
Mu rwego rwo gusigasira aya mateka, kuri iri shuri hamaze kubakwa Ingoro y’Ubunyarwanda, igaragaza amateka y’u Rwanda, cyane ay’icyahoze ari Perefegitura ya Kibuye n’uruhare rw’abanyeshuri b’i Nyange mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ababyeyi barasabwa gukomeza uruhare rwabo mu kurera abana mu ndangagaciro z’ubutwari, batarinze gutegereza ko babihugurirwa ku mashuri. Leta na yo ikomeje gushyira imbere gahunda zigamije kwimakaza umuco wo gukunda igihugu no guharanira ukuri, kugira ngo ubutwari bw’abana b’i Nyange bukomeze gusiga isomo ku rubyiruko rw’iki gihe n’ibizaza.
Ubutwari si ibigwi by’ejo hashize, ni umurage ugomba kubakwa buri munsi.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show