English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kwibohora kwanyako gutangira iyo urusaku rw'imbunda rucecetse- Perezida Paul Kagame

Kuri uyu wa Kane ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwizihaza ku nshuro ya  30 umunsi wo Kwibohora, Perezida Kagame yavuze ko mu myaka 30 ishize ibyo u Rwanda rumaze kugeraho ubwabyo byivugira ndetse anavuga ko kwibohora kwa nyako bibaho ari uko urusaku rw'imbunda rucecetse.

Mu ijambo yageje ku bitabiriye uwo muhango yagarutse cyane ku rubyiruko rwavutse mu myaka 30 ishize aho  yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyabo kandi akaba aribo bagomba ku kirinda kuko aribo bahanzwe amaso.

Ati"Iki gihugu nimwe mugomba kukirinda,mukakirwanirira kandi kigasugira , ni byiza ko mbisubiramo kwibohora nyako gutangira iyo urusaku rw'imbunda rucecetse.twatangiye urwo rugendo mu myaka 30 ishize kandi nimwe mu duhanze amaso mwavutse mu rugendo rwo kwibohora ngo muzatugeze kure."

Yakomeje ati" Ndashimira abantu bose baje kwifatanya natwe mu kwizihiza  ku nshuro ya 30 umunsi wo kwibohora , mu Rwanda uyu munsi turakomeye kandi cyane kurusha ikindi gihe cyose cyigeze kubaho.

Ndashimira ingabo zu Rwanda zatumye tubaho uku turiho none. Kandi ndashimira uwo ariwe wese wagize uruhare mu kubohora u Rwanda tutibagiwe n'abahasize ubuzima.

Ingabo zacu zakoze ibishoboka byose kugirango tube turiho uko turiho ubu.

Kwiziza ku nshuro ya 30 umunsi wo kwibohora  byitabiriwe n'abantu barenga ibihumbi 50 bari bateraniye muri Stade Amahoro ivuguruye,Ni sitase Perezida yagarutseho avuga ko ari byiza kwizihiza uyu munsi bari ahantu hadasanzwe nk'aho.

Mu bitabiriye uwo muhango barimo intumwa z'amahanga cyane izaturutse mu karere u Rwanda ruherereyemo zaje kwifatanya n'u Rwanda mu kwizihiza uwo munsi.



Izindi nkuru wasoma

Kwibohora kwanyako gutangira iyo urusaku rw'imbunda rucecetse- Perezida Paul Kagame

Kwizihiza ku nshuro ya 30 umunsi wo kwibohora byitabiriwe n'ababarirwa mu bihumbi bo hirya no hino k

Umukobwa wa Perezida Paul Biya yakoze ibyemeza ko ari umutinganyi

Paul Kagame yageze kuri site ya Kirehe yakirwa n'ababarirwa mu bihumbi

Perezida Kagame ni Perezida wubashwe kandi ifite icyerekezo-Minisitiri w'intebe wa Centrafrique



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-07-04 13:27:26 CAT
Yasuwe: 24


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Kwibohora-kwanyako-gutangira-iyo-urusaku-rwimbunda-rucecetse-Perezida-Paul-Kagame.php