Iseswa ry’umubano wa dipolomasi: Igishya u Rwanda rwatangarije Ababiligi
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko iseswa ry’umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi ritazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abateganya kurusura, inemeza ko serivisi za dipolomasi zakorerwaga muri Ambasade y’u Rwanda i Bruxelles zigiye kujya zitangirwa mu Buholandi.
Ibi byatangajwe ku wa 20 Werurwe 2025, nyuma y’iminsi itatu u Rwanda rufashe icyemezo cyo guca umubano warwo n’u Bubiligi ndetse no kwirukana abadipolomate b’icyo gihugu ku butaka bwarwo, kubera imyitwarire y’u Bubiligi bwafashe uruhande mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no gushishikariza amahanga gufatira u Rwanda ibihano.
Itangazo ryasohowe na Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko “Ambasade y’u Rwanda i Bruxelles yafunze imiryango yayo kandi ntizongera gutanga serivisi za dipolomasi ku butaka bw’u Bubiligi,” ariko rikomeza rivuga ko “serivisi za dipolomasi z’u Rwanda n’u Bubiligi zizajya zitangirwa muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, i La Haye.”
Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko iki cyemezo kitagize ingaruka ku miryango y’Ababiligi baba mu Rwanda cyangwa abashaka kurusura.
Yagize iti: “Urujya n’uruza rw’abagenzi ndetse n’abakora ingendo z’akazi ruzakomeza nk’uko bisanzwe. Abaturage b’Ababiligi bazakomeza kubona viza bageze mu Rwanda, kandi nta kiguzi cya viza bazasabwa ku rugendo rw’iminsi itarenze 30, hakurikijwe politiki ya viza iriho ubu.”
Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yatangaje ko u Bubiligi bubabajwe n’icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika umubano w’ibihugu byombi no kwirukana abadipolomate babwo.
Yavuze ko Kigali yanze ibiganiro byari bigamije gushakira umuti ibibazo byari bihari, gusa Guverinoma y’u Rwanda ikabihakana, igaragaza ko ibiganiro byabayeho bihagije.
Ibi byemezo bibaye nyuma y’uko umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi wari umaze iminsi urimo igitotsi, bijyanye n’imyanzuro iki gihugu cyagiye gifata ishinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo bya RDC, mu gihe Kigali yo ishinja Bruxelles gufata ibyemezo bishingiye ku kubogama no kudaha agaciro ubusabe bwayo bwo kugira uruhare mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano mu karere.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show