Ingabo za Nigeria zashimye uburyo u Rwanda rwigisha aboherezwa mu butumwa bw'Amahoro
Itsinda ry’Ingabo zo ku rwego rwa Ofisiye ziturutse mu ishuri Martin Luther Agwai International Leadership and Peacekeeping Centre (MLAILPKC) riri mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kwiga uko iki gihugu cyitegura kohereza abasirikare mu butumwa bw’amahoro.
Ku wa Kabiri, tariki ya 18 Werurwe 2025, iri tsinda ryasuye Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy - RPA) giherereye i Nyakinama, mu Karere ka Musanze, aho ryasobanuriwe imikorere yacyo ndetse hagaterwa inkunga ibiganiro by’isesengura hagati y’ubuyobozi bwa MLAILPKC na RPA.
Maj Gen Ademola Taiwa Adedoja, ukuriye iri tsinda, yashimye imikorere y’u Rwanda mu gutegura aboherezwa mu butumwa bw’amahoro, agaragaza ko guhanahana ubumenyi nk’ibihugu bifite amashuri ahugura abasirikare ku butumwa bw’amahoro ari ingenzi.
Ati "U Rwanda nk’igihugu gifite ubunararibonye mu gutegura abajyanwa mu butumwa bw’amahoro, twagisuye kugira ngo twige imikorere yacyo. Twanyuzwe n’uburyo amahugurwa atangwa, kandi twizera ko gusangira ubwo bumenyi bizateza imbere amashuri yacu yombi.’’
Col (Rtd) Jill Rutaremara, Umuyobozi wa RPA, yavuze ko uru ruzinduko ari ingenzi kuko ruzafasha ibigo byombi gusangira ubunararibonye no gukemura ibibazo bahura nabyo mu rugendo rwo kwigisha abasirikare bashinzwe kubungabunga amahoro.
Mbere yo gusura RPA, aba basirikare baturutse muri Nigeria basuye Ishuri rya Gisirikare rya Rwanda Military Academy Gako, aho basobanuriwe uburyo abofisiye bategurwa ndetse n’icyo bazana mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasomo ku butaka bwabo.
U Rwanda na Nigeria bisanzwe bihurira mu miryango itandukanye ireba kubungabunga amahoro muri Afurika no ku rwego rw’isi, irimo African Peace Support Trainers Association (APSTA) na International Association of Peacekeeping Training Centers (IAPTC).
Uru ruzinduko rugamije gukomeza iyi mikoranire, by’umwihariko mu bijyanye no guhugura ingabo ku butumwa bw’amahoro, bikaba byitezweho gutanga umusaruro mu iterambere ry’iki gice cy’ubutumwa mpuzamahanga.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show