English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

U Rwanda rwasobanuye impavu zifatika amashuri y’Ababiligi azakomeza gukora

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye uko umwanzuro wo guhagarika umubano wa dipolomasi na Leta y’u Bubiligi uzubahirizwa, by’umwihariko ku mashuri n’ubucuruzi. Nk'uko byemejwe n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, amashuri y’Ababiligi akorera mu Rwanda azakomeza gukora kugeza umwaka w’amashuri urangiye, naho ubucuruzi bukazakomeza nk'ibisanzwe.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Mukuralinda yagarutse ku mpungenge z’abantu ku bigo by’amashuri by’Ababiligi bikorera mu Rwanda, ashimangira ko nta kibazo bazagira mu gihe cy’uyu mwaka w’amashuri.

Ati: “Nta mpamvu yo kugira impungenge, kuko umwaka wari ugiye gushira. Abana bazakomeza kwiga kugeza umwaka urangiye, nyuma hakazafatwa indi myanzuro.”

Mu bijyanye n’amasezerano ya dipolomasi, yavuze ko ibikorwa birebana n’Ambasade n’abakozi bayo aribyo bizahagarara, ariko ibikorwa by’ubucuruzi bikazakomeza.

Yagize ati: “Hari indege zigenda nka RwandAir, zijyayo zikagaruka. Ibyo ni ibikorwa bishobora gukomeza.”

Mukuralinda yanagaragaje ko umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi wari usanzwe udafite isura nyayo, avuga ko u Bubiligi bwahisemo gufata uruhande rumwe mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ati: “Ese wavuga ko ukomeje kugirana umubano n’igihugu runaka, ariko ugahindukira ukajya kubwira ibindi byose ngo mu bahane? Uwo mubano waba usobanutse?”

Ku wa 17 Werurwe 2025, Leta y’u Rwanda yatangaje ko yahagaritse umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi, isaba abadipolomate b’icyo gihugu kuva ku butaka bwarwo mu gihe kitarenze amasaha 48. Iyi myanzuro ifashwe nyuma y'uko u Rwanda rushinje u Bubiligi gukomeza gukorana n’abanzi barwo no gufata uruhande rumwe mu kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC.



Izindi nkuru wasoma

Icyifuzo gishya cyatanzwe ku Rwanda: Ingabo za SADC zasabye kunyura i Kigali mu rugendo rwo gutaha

Visit Rwanda: Arsenal na PSG zigiye guhurira muri 1/2

Inzozi mbi z’abashaka gusubiza u Rwanda mu mwijima ntizizigera zigerwaho – Minisitiri w’Ingabo

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$

Ingabo za SADC zigiye gutaha zinyuze mu Rwanda nyuma yo gushyirwaho Igitutu na M23



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-18 15:15:07 CAT
Yasuwe: 100


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/U-Rwanda-rwasobanuye-impavu-zifatika-amashuri-yAbabiligi-azakomeza-gukora.php