English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Inkuru y’akababaro: Kiyovu Sports iri mu gahinda ko kubura umufana ukomeye.

Kuri uyu wa kabiri, tariki 11 Gashyantare 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yababajwe n'urupfu rw'umufana wayo w'imena, Harerimana Abdulazizi, uzwi ku izina rya Nzinzi cyangwa Azziz, wari umushyushyarugamba ukomeye w'ikipe. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko yazize uburwayi, nyuma y'uko aguye mu bitaro bikuru bya Kigali, CHUK.

Abdulazizi yari azwi cyane mu bakunzi b'umupira w'amaguru muri Kiyovu, aho yari afite umusanzu ukomeye mu gutera inkunga ikipe mu buryo bw'umwihariko. Ubuzima bwe bwahoraga mu murongo w'ikipe, ndetse asize amateka akomeye yo kwiyegurira ikipe n’umupira w'amaguru muri rusange.

Amakuru ajyanye no kumuherekeza azatangazwa mu gihe cya vuba nk'uko byatangajwe n'ubuyobozi bw'ikipe.



Izindi nkuru wasoma

Rayon Sports iri kwitegura gute AS Kigali idafite Nsabimana Amiable na Fall Ngagne

Imvura yahagaritse umukino wa Mukura VS na Gorilla FC, Rayon Sports igumana umwanya wa mbere

Menya ubuzima bw’Umunyarwenya wanyuze mu marembo y'agahinda ubu akaba ageze aharyoshye

Habayeho gukozanyaho hagati y’umukinnyi wa APR FC na Rayon Sports

Abasifuzi bazasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports bamenyekanye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-11 12:06:23 CAT
Yasuwe: 94


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Inkuru-yakababaro-Kiyovu-Sports-iri-mu-gahinda-ko-kubura-umufana-ukomeye.php