English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Inkuru y’akababaro: Kiyovu Sports iri mu gahinda ko kubura umufana ukomeye.

Kuri uyu wa kabiri, tariki 11 Gashyantare 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yababajwe n'urupfu rw'umufana wayo w'imena, Harerimana Abdulazizi, uzwi ku izina rya Nzinzi cyangwa Azziz, wari umushyushyarugamba ukomeye w'ikipe. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko yazize uburwayi, nyuma y'uko aguye mu bitaro bikuru bya Kigali, CHUK.

Abdulazizi yari azwi cyane mu bakunzi b'umupira w'amaguru muri Kiyovu, aho yari afite umusanzu ukomeye mu gutera inkunga ikipe mu buryo bw'umwihariko. Ubuzima bwe bwahoraga mu murongo w'ikipe, ndetse asize amateka akomeye yo kwiyegurira ikipe n’umupira w'amaguru muri rusange.

Amakuru ajyanye no kumuherekeza azatangazwa mu gihe cya vuba nk'uko byatangajwe n'ubuyobozi bw'ikipe.



Izindi nkuru wasoma

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Mu gihe hadakurikijwe itegeko ntago twiteguye gukinira Igikombe cy’Amahoro – Rayon Sports

Ndwaye iki se? –Umutoza Robertinho yagaragaje ibinyoma byose bya Rayon Sports

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Abayobozi bo bararuciye bararumira: Ese ni nde ukwiye kubazwa igihombo cya Rayon Sports?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-11 12:06:23 CAT
Yasuwe: 121


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Inkuru-yakababaro-Kiyovu-Sports-iri-mu-gahinda-ko-kubura-umufana-ukomeye.php