English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abimukira baturutse muri Amerika bagiye gutura mu Rwanda-Dore uko bizagenda

U Rwanda rugiye kwakira abimukira 250 baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hashingiwe ku masezerano yasinywe muri Kamena 2025. Abo bazakirwa ni abarangije ibihano byabo, batari gukurikiranwa n’ubutabera, kandi batakoze ibyaha byo guhohotera abana nkuko amasezerano hagati y’ibihugu byombi abivuga.

Aba bimukira bazahabwa amahugurwa, serivisi z’ubuzima, n’aho kuba, kugira ngo batangire ubuzima bushya. Nta n’umwe uzaguma mu Rwanda ku gahato, kuko bashobora no kwerekeza mu bindi bihugu nibabyifuza.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko izajya ibanza kwemeza buri mwimukira mbere yo kumwakira, kandi ko ifite ubushobozi bwo kubakira neza. Amerika izatanga inkunga yo gufasha muri iyi gahunda, ariko ntiharamenyekana ingano yayo.

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yavuze ko u Rwanda rufite ubunararibonye mu bikorwa byo kwakira impunzi , bityo rukaba rushyigikiye iki gikorwa nk’igihamya cy’indangagaciro zarwo zo gufasha no kwakira abandi bantu bafite ibibazo by’ubuhunzi.

Iyi gahunda igaragaza ubushake bwa guverinoma y’u Rwanda bwo kugira uruhare mu gukemura ibibazo mpuzamahanga by’ubuhunzi, ndetse no gutanga umusanzu mu kubaka amahoro n’iterambere rirambye ku rwego rw’Isi.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abahoze muri MINUAR basuye Ingoro y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-05 10:39:08 CAT
Yasuwe: 145


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abimukira-baturutse-muri-Amerika-bagiye-gutura-mu-RwandaDore-uko-bizagenda.php