English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibuka Rwanda yunamiye Safari Christine, wari Perezida wayo mu Buholandi witabye Imana.

Umuryango Ibuka Rwanda, uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wagaragaje akababaro ku rupfu rwa Safari Christine, wari Perezida wa Ibuka mu Buholandi, witabye Imana ku Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Werurwe 2025, Ibuka Rwanda yunamiye nyakwigendera, yemeza ko ibikorwa bye byo guharanira ukuri ku mateka ya Jenoside n’ubuvugizi bw’abarokotse bizakomeza kuba umurage uhesha ishema u Rwanda.

Ubuyobozi bwa Ibuka Rwanda bwagize buti “Tubabajwe n’urupfu rwa Safari Christine, Perezida wa Ibuka mu Buholandi. Umuhate we mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ubuvugizi yakoreraga abarokotse, bizakomeza kutubera umurage.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yunamiye Safari Christine.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, wigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, na we yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Safari Christine.

Mu butumwa yatanze ku Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe, yagize ati: “Nashenguwe n’itabaruka rya Safari Christine, Umuyobozi wa Ibuka mu Buholandi. Ndihanganisha umugabo we Leon n’abana be.”

Ambasaderi Nduhungirehe yanashimye uruhare rwa Safari Christine mu guharanira kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge, ndetse no kurwanya abapfobya n’abahakana Jenoside.

Yagize ati “Nk’uwahoze ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi wagize amahirwe yo gukorana nawe, nzahora nzirikana ubucuti bwawe, umuhate wawe, kwihangana kwawe ndetse n’ibyo wagezeho.”— Amb. Nduhungirehe.

U Rwanda n’Abanyarwanda bamwunamiye

Benshi mu Banyarwanda baba ku Mugabane w’u Burayi, mu Rwanda, ndetse no mu bindi bice by’Isi, bagaragaje agahinda batewe n’urupfu rwa Safari Christine. Yari umwe mu bagaragaje urukundo afitiye igihugu cye, by’umwihariko abaharaniye inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibuka Rwanda yatangaje ko izakomeza kwifatanya n’umuryango wa nyakwigendera muri ibi bihe bikomeye, kandi ibikorwa bye bizakomeza kuba isoko y’ishyaka ryo gukomeza urugamba rwo guharanira ukuri n’ubutabera.



Izindi nkuru wasoma

Umunyezamu wa Bayer Leverkusen, Tella yikuye mu ikipe y’Igihugu ya Nigeria izakina n’u Rwanda

DRC: Uko urubanza rurerwamo Abajenerali n’Abapolisi bashinjwa Ubugwari rwagenze

Hatangajwe impamvu uruzinduko rwa Perezida Kagame rwimuriwe muri BK Arena

Ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye u Rwanda na Ethiopia basinyanye mu bya Gisirikare

Igitaramo kimbaturamugabo cyari kuzaba ku munsi wo gutangira icyunamo mu Rwanda cyahagaritswe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-03 10:16:52 CAT
Yasuwe: 80


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibuka-Rwanda-yunamiye-Safari-Christine-wari-Perezida-wayo-mu-Buholandi-witabye-Imana.php