Ibisasu biremereye n’amasasu menshi bikomeje kuboneka mu Ntara y’Iburengerazuba.
Abaturage bo mu Turere twa Rutsiro na Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba babonye ibisasu byo mu bwoko bwa grenade ubwo bari mu mirima, aho bikekwa ko ari ibisigisigi by’intambara ya 1994 ubwo ingabo zatsinzwe zerekezaga mu buhungiro.
Ku wa 4 Gashyantare 2025, mu Mudugudu wa Tawuni, Akagari ka Nganzo, Umurenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, umugore witwa Vestine Manizabayo w’imyaka 39 yabonye grenade ubwo yari ari guhinga.
Yatangaje ko yayibonye nyuma yo kuyikubitaho isuka, ahita amenyesha inzego z’ibanze, na zo zihamagara inzego z’umutekano.
Mu gihe gito gishize, no mu Karere ka Rusizi, mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Shagasha, Umurenge wa Gihundwe, umusore w’imyaka 18 na we yabonye grenade yo mu bwoko bwa Stick Hand Grenade, ubwo yari ari gutema igiti mu murima. Yatangaje ko akibona yihutiye gutanga amakuru, inzego z’umutekano zikihutira kuyijyana.
Ni mu gihe kandi hatarashira icyumweru, mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Kirimbi, mu Kagari ka Muhororo, undi muturage yabonye agasanduku k’amasasu (magazine) ndetse n’amasasu 22.
Inzego z’umutekano zirasaba abaturage kwitwararika
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yemeje aya makuru, avuga ko ibisasu byabonetse byahise bituritswa n’inzego z’umutekano mu rwego rwo gukumira ibyago byaterwa n’uko byaturika bitunguranye.
Yagize ati: “Ibyo bisasu byombi byaturikijwe n’izego zibishinzwe nyuma y’uko zibimenyeshejwe. Dusaba abaturage ko igihe babonye igikoresho nk’iki badasobanukiwe, bagomba guhita bimenyesha inzego zibishinzwe kugira ngo zifate ingamba.”
Abaturage bo mu bice byabonyemo ibi bisasu bashimangira ko byabasigiye isomo ryo kwitwararika igihe bari mu mirimo yabo.
Umuturage wo mu Karere ka Rutsiro yagize ati: “Byadusigiye isomo ryo kujya duhinga dushishoza, icyo tubonye dushidikanyaho ntitujye kukigaragura ngo turareba icyo ari cyo, ahubwo tugatanga amakuru.”
Nubwo intambara yahagaritswe mu 1994, biragaragara ko hari ibisasu byasigaye mu butaka, bikaba bigaragara ko bishobora gukomeza kuboneka. Inzego z’umutekano zirasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru no kwirinda gukinisha ibi bikoresho bishobora guteza ibyago.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show