English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibihugu bikomeye byungukira mu mutungo wa Congo - Perezida Paul Kagame

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda ari rwo ruhora rushinjwa kwiba amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyamara ibihugu bikomeye ari byo bifitemo inyungu nyinshi. Yavuze ko haramutse hakorwa urutonde rw’ibihugu byungukira muri ayo mabuye, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma.

Ibihangange bikomeje kungukira mu mutungo wa Congo

Perezida Kagame yagaragaje ko ibihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubushinwa, u Burayi na Canada ari byo bifite inyungu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC. Yavuze ko ibi bihugu, bifite ubuhangange mu rwego rwa politiki n’itangazamakuru, byakomeje gushinja u Rwanda ibyaha bitandukanye, birimo no kuba inyuma y’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.

Ati: “Uramutse urebye ku rutonde rw’Ibice ijana bifite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri Congo, u Rwanda rushobora kuza ku mwanya wa nyuma. Ariko abantu badashishikajwe n’amabuye y’agaciro ni bo bakomeje gushinjwa ikibazo cyose cy’abo bose bakura amamiliyari n’amamiliyari.”

Umutekano w’u Rwanda imbere y’ibindi byose

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutajya rushyira imbere inyungu z’amabuye y’agaciro, ahubwo ko umutekano warwo ari wo wa mbere.

Yagize ati: “Igihe cyose dufite impungenge z’umutekano wacu, ntidushobora gutekereza iby’amabuye y’agaciro. Ibyo byaza ku mwanya wa nyuma mu bitekerezo byacu.”

Iyi mvugo ya Perezida Kagame ije mu gihe ibihugu bikomeye bikomeje gufatira u Rwanda ibihano, birushinja gushyigikira umutwe wa M23 urwanya leta ya Congo. Perezida Kagame we avuga ko ibi ari politiki mbi ikomeje kwifashishwa n’ibihugu bikomeye, bigamije gukingira ikibaba inyungu zabyo mu mabuye y’agaciro yo muri Congo.



Izindi nkuru wasoma

Hatangajwe impamvu uruzinduko rwa Perezida Kagame rwimuriwe muri BK Arena

Gen. Makenga yise Perezida Tshisekedi "ibandi" ndetse ashimangira ko M23 yiteguye ibiganiro

Hatangajwe amatariki M23 na Leta ya Congo bazagirana ibiganiro.

Perezida Kagame yagaragaje uburyo gukorana na Tshisekedi ari intambwe ikomeye mu mibanire y'ibihugu

Byinshi kuri Paul Pogba wemererwa kugaruka mu mupira w’amaguru.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-10 18:01:45 CAT
Yasuwe: 41


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibihugu-bikomeye-byungukira-mu-mutungo-wa-Congo--Perezida-Paul-Kagame.php