English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gen. Makenga yise Perezida Tshisekedi "ibandi" ndetse ashimangira ko M23 yiteguye ibiganiro

Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Gén. Sultani Emmanuel Makenga, yashinje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, kuba "ibandi" no kudakunda abaturage be. Ibi yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umushakashatsi Alain Destexhe, aho yavuze ko “nta rukundo afitiye igihugu.”

Gen. Makenga, ubwo yabazwaga niba Tshisekedi yabaye "ibandi" agitorerwa kuyobora RDC cyangwa niba yarahoze ari ryo, yasubije ko “ntekereza ko yahoze ari ryo.”

Uyu musirikare umaze igihe ayoboye M23, avuga ko urugamba barwana rukomoka ku mpamvu yumvikana: “Turwana kuko dukeneye kubaho.”

Nyuma y’imyaka ibiri y’intambara hagati ya M23 n’ingabo za leta ya RDC, haravugwa icyizere cy’agahenge nyuma y'uko Kinshasa yemeye kujya mu biganiro na M23. Leta ya Angola yatangaje ko impande zombi zizahurira i Luanda ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe 2025.

Gen. Makenga, ubwo yabazwaga niba M23 izitabira ibiganiro, yasubije ati: “Cyane rwose, turashaka kuganira. Gusa kugeza aya magingo twumvise uruhande rwa Angola rwonyine, ntacyo turumva ku ruhande rwa Kinshasa.”



Izindi nkuru wasoma

Hatangajwe impamvu uruzinduko rwa Perezida Kagame rwimuriwe muri BK Arena

Gen. Makenga yise Perezida Tshisekedi "ibandi" ndetse ashimangira ko M23 yiteguye ibiganiro

Ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na M23: Inzira yonyine y'umuti?

Hatangajwe amatariki M23 na Leta ya Congo bazagirana ibiganiro.

Perezida Kagame yagaragaje uburyo gukorana na Tshisekedi ari intambwe ikomeye mu mibanire y'ibihugu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-13 13:43:36 CAT
Yasuwe: 18


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Gen-Makenga-yise-Perezida-Tshisekedi-ibandi-ndetse-ashimangira-ko-M23-yiteguye-ibiganiro.php