English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gen. Makenga yise Perezida Tshisekedi "ibandi" ndetse ashimangira ko M23 yiteguye ibiganiro

Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Gén. Sultani Emmanuel Makenga, yashinje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, kuba "ibandi" no kudakunda abaturage be. Ibi yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umushakashatsi Alain Destexhe, aho yavuze ko “nta rukundo afitiye igihugu.”

Gen. Makenga, ubwo yabazwaga niba Tshisekedi yabaye "ibandi" agitorerwa kuyobora RDC cyangwa niba yarahoze ari ryo, yasubije ko “ntekereza ko yahoze ari ryo.”

Uyu musirikare umaze igihe ayoboye M23, avuga ko urugamba barwana rukomoka ku mpamvu yumvikana: “Turwana kuko dukeneye kubaho.”

Nyuma y’imyaka ibiri y’intambara hagati ya M23 n’ingabo za leta ya RDC, haravugwa icyizere cy’agahenge nyuma y'uko Kinshasa yemeye kujya mu biganiro na M23. Leta ya Angola yatangaje ko impande zombi zizahurira i Luanda ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe 2025.

Gen. Makenga, ubwo yabazwaga niba M23 izitabira ibiganiro, yasubije ati: “Cyane rwose, turashaka kuganira. Gusa kugeza aya magingo twumvise uruhande rwa Angola rwonyine, ntacyo turumva ku ruhande rwa Kinshasa.”



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri mu biganiro byihariye ku mutekano wa DRC

Uwari Perezida wa Rayon Sports yasabye abakunzi ba ruhago gutabara ‘umugabo’ uri mu kaga’

Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yoherejwe mu muriro wa Congo

Gabon yahisemo Jenerali Oligui Nguema wahiritse ubutegetsi ngo ababere Perezida

Kajye mu muriro utazima!: Perezida Kagame yasubije abakomeje kunenga no guhiga u Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-13 13:43:36 CAT
Yasuwe: 86


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Gen-Makenga-yise-Perezida-Tshisekedi-ibandi-ndetse-ashimangira-ko-M23-yiteguye-ibiganiro.php