English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Fatakumavuta yabaye sakwe sakwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko Dr. Thierry amushyize ku karubanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, DR.Murangira B.Thierry yatangaje ko Fatakumavuta uheruka gutabwa muri yombi, bamupimye bagasanga anywa ikiyobyabwenge cy’urumogi ku kigero cyo hejuru.

Mu kiganiro Dr.Murangira yagiranye na RBA, yavuze ko bakimara gufunga Fatakumavuta, bamupimye bakamusangamo urumogi ruri ku kigero cya 298, mu gihe ikigero gisanzwe ari hagati ya 0-20.

yagize ati “Twaje kumupimisha ibiyobyabwenge dusanga akoresha urumogi, ibisubizo by’abahanga bigaragaza ko afite igipimo cya 298 mu gihe igipimo gisanzwe ari hagati ya 0 na 20.”

Dr.Murangira yavuze ko iki nacyo ari icyaha gihita kiyongera ku bindi yashinjwaga birimo kubuza amahwemo abantu hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Birimo kandi gukoresha imvugo ziremereye zikurura amacakubiri mu bantu zigambiriye no kubashyamiranya.

Fatakumavuta, yatawe muri yombi nyuma yuko yakunze kugaragara mu biganiro atangira ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, akoresha amagambo akomeye kuri bamwe mu basanzwe bazwi mu myidagaduro.

Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura.

Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Ambasaderi Karamba yakiriye Umugaba Mukuru wa Djibouti: Ibyihishe inyuma y’uru ruzinduko

Mpaga cyangwa impuhwe? FERWAFA mu gihirahiro nyuma y’umwijima wateje impagarara i Huye

Yishwe arashwe amasasu 2 nyuma bamusogota inkota mu gatuza – Ibishinjwa Umupolisi

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-22 14:47:44 CAT
Yasuwe: 308


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Hemejwe-amakuru-avuga-ko-Fatakumavuta-akoresha-ikiyobya-gitubutse.php