English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

GOMA: Iruka ry’ikirunga cya Nyamulagira rirakomeje.

Ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku birebana n’ibirunga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (OVG), cyatangaje kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukwakira 2024, ikirunga cya Nyamulagira cyatangiye kuruka kandi iruka ryacyo rikomeje.

Umuyobozi ushinzwe ubumenyi muri OVG, Charles Balagizi wemeje aya makuru, avuga ko amashusho yafashwe na satelite yerekana ibikoma byasohotse muri kiriya kirunga bitemba ku buryo byari bimaze kugera ku ntera y’ibilometero birindwi.

Yanavuze ko iki kirunga cyagiye gisuka ibikoma ku mpande z’amajyaruguru, uburengerazuba n’amajyepfo ashyira uburengerazuba bw’icyo kirunga.

Nyamulagira yaherukaga kuruka ku wa 23 Gicurasi 2021, gusa icyo gihe iruka ryayo nta byinshi ryangirije.

Nyamulagira ifite uburebure bwa metero 3,058; ikaba kimwe mu birunga bikiruka cyane ku Isi. Byibura kuva mu 1885 iki kirunga kimaze kuruka incuro zirenga 40.

Ibitangazamakuru byo muri RDC byatangaje ko nubwo icyo kirunga kirimo kuruka ariko ibikoma byacyo biri kure y’ahatuye abaturage mu Mujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Goma ni Umujyi ufite ibirunga bikiruka ari byo Nyamulagira na Nyiragongo. Nyiragongo yo yaherukaga kuruka muri Gicurasi 2021, iruka ryahitanye abantu babarirwa muri 32.

Donatien Nsengimana.



Izindi nkuru wasoma

Goma: Umubano udasanzwe urimo gushyirwaho hagati yabaturage n’abasirikare ukomeje kujya mbere.

GOMA: Iruka ry’ikirunga cya Nyamulagira rirakomeje.

Rurindo: Meya yahawe iminsi 15 yo kuba yasubije mukazi Gitifu yirukanye.

Goma: EPI irasaba kubahiriza ingamba zo gukumira virusi ya Marburg.

Gen Muhoozi Kainerugaba yariye karungu: Agombe yirukane Ambasaderi wa Amerika.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-15 11:58:16 CAT
Yasuwe: 37


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/GOMA-Iruka-ryikirunga-cya-Nyamulagira-rirakomeje.php