English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Goma: EPI irasaba kubahiriza ingamba zo gukumira virusi ya Marburg.

Ku wa kabiri, tariki ya 8 Ukwakira, umuganga uhuza gahunda y’inkingo (EPI) mu majyaruguru ya Kivu, Dr Hans Bateyi, yasabye ko hakurikizwa ingamba zifatika zo gukumira virusi ya Marburg yageze mu bihugu bihana imbibe na DRC, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iyo virusi.

Dr Hans Bateyi aganira na Radio Okapi, yatanze urugero  ku munjyi wa Gisenyi  uhana imbibi na Goma, avuga ko  uyu mujyi w’abaturanyi wagaragayemo umuntu ufite ubwandu bwa Marburg, bikaba bigomba gutuma bafata ingaba zo gukumira iyi virusi.

Mu cyumweru gishize, i Goma naho haravuzwe umuntu wanduye Marburg n’ubwo abaganga birinze kubivugaho byinshi nk’uko Dr Hans akomeza abisobanura

Uyu muganga avuga ko mugihe hagitegerejwe inyingo z’iki cyorezo, ko hagomba gufatwa ingamba zifatika z’iyi virusi itarakwirakwira muri DRC.

Ati "Ni icyorezo gikomeje kwiyongera mu bihugu byinshi by’abaturanyi. Muri Tanzaniya, Uganda ndetse no Rwanda, rero turahangayitse  cyane abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi bari mu bakorera ubucuruzi i Goma tukaba dufite impungenge ko bazatuzanira iyi virusi, niyo mpamvu tugomba gukaza ingamba zo kuyirinda.’’

 



Izindi nkuru wasoma

Menya imibare mishya igaragaza uko virusi ya Marburg ihagaze mu Rwanda.

Goma: Umubano udasanzwe urimo gushyirwaho hagati yabaturage n’abasirikare ukomeje kujya mbere.

Abantu 3 nibo bari kuvurwa virusi ya Marburg, umwe ya yikize.

Umubare munini warakize: MINISANTE yagaragaje ko abantu 4 aribo bari kuvurwa virusi ya Marburg.

GOMA: Iruka ry’ikirunga cya Nyamulagira rirakomeje.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-09 07:26:52 CAT
Yasuwe: 59


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Goma-EPI-irasaba-kubahiriza-ingamba-zo-gukumira-virusi-ya-Marburg.php