Dr. Patrice Motsepe yongeye gutorerwa kuyobora CAF muri Manda ya Kabiri
Dr. Patrice Motsepe yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) muri manda ye ya kabiri y’imyaka ine (2025-2029). Ibi byemejwe mu Nama y’Inteko Rusange Idasanzwe yabereye i Cairo mu Misiri kuva ku wa 11 Werurwe 2025 kugeza uyu munsi, ihuza abanyamuryango ba CAF.
Uyu muyobozi ukomoka muri Afurika y’Epfo wari umukandida wenyine ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa CAF, yongeye gutorerwa kuyobora uru rwego nyuma yo gusoza manda ye ya mbere yari yatangiye mu 2021.
Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakomeye mu mupira w’amaguru ku isi, barimo Gianni Infantino uyobora FIFA. Dr. Motsepe yagiye ku buyobozi bwa CAF asimbuye Ahmad Ahmad, aho yagiye agaragaza ubushake bwo guteza imbere ruhago nyafurika binyuze mu ishoramari no gushaka abafatanyabikorwa bashya.
Muri manda ye ya mbere, yagaragaje intego yo kuzamura urwego rw’imikino nyafurika, guteza imbere amarushanwa ya CAF no gukorana n’abashoramari mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’amakipe n’ibihugu. Iyi manda nshya izibanda ku gukomeza iyo nzira no gushimangira umubano wa CAF na FIFA mu iterambere rya ruhago ku mugabane wa Afurika.
Uyu mwanzuro wo kongera gutora Dr. Motsepe uje mu gihe umupira w’amaguru muri Afurika ukomeje gutera imbere, aho amarushanwa nka CAN (African Cup of Nations) n’andi akomeye ari kugenda azamura urwego, ndetse n’ibihugu bya Afurika bikagenda bigaragaza imbaraga mu marushanwa mpuzamahanga.
Kongera gutorerwa kuyobora CAF bivuze ko abanyamuryango ba CAF banyuzwe n’ubuyobozi bwe mu myaka ine ishize. Icyakora, haracyari ingamba zikwiye gushyirwamo imbaraga zirimo kongera ubushobozi bw’amakipe yo muri Afurika, gushaka ishoramari rihamye mu mupira w’amaguru no guharanira ko CAF igira imbaraga nk’iz’amashyirahamwe yo mu yindi migabane.
Biteganijwe ko CAF izatangaza ingamba nshya z’iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika muri iyi manda nshya, aho icyerekezo cya Dr. Motsepe kizaba kigamije kuzamura isura y’uyu mukino no gukomeza guteza imbere impano z’abakinnyi b’Abanyafurika ku ruhando mpuzamahanga.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show