Dr Edouard Ngirente yashimye Perezida Kagame wongeye kumugirira icyizere
Ku wa Kabiri tariki ya 13 Kanama 2024, nibwo byatangajwe ko Dr Edouard Ngirente yongeye kugirwa Minisitiri w'Intebe binyuze mu itangazo ryaturutse mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro.
Mu butumwa yanyujije kurukuta rwe rwa X,yashimye Perezida Paul Kagame wamugiriye icyo kizere ndetse amwizeza no gukomeza gukorana umurava mu gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Ati: “Mbikuye ku mutima, ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuba mwongeye kungirira icyizere mukangira Minisitiri w’Intebe. Ndabizeza gukomeza gukorana umurava no kudatezuka mu rugendo rwo guteza imbere u Rwanda”.
Dr Edouard yagizwe Minisitiri w'Intebe nyuma y'iminsi ibiri Perezida arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda nshya ya 2024/2029.
Dr Edouard Ngirente amaze imyaka isaga irindwi ari Minisitiri w'intebe kuko uyu mwanya yawugiyeho tariki ya 30 Kanama 2017.
Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yari Umukozi muri Banki y’Isi aho yari Umujyanama w’Umuyobozi Nshingwabikorwa ashinzwe ibihugu 20. Yanabaye Umujyanama Mukuru. Yanabaye umukozi wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show