English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Donald Trump yahamwe n'ibyaha byose aregwa uko ari  34  

Nyuma y’iminsi ibiri abacamanza 12 b’i New York biherereye ngo bafate umwanzuro, basanze Trump ahamwa  n'ibyaha byose bishingiye ku gutanga amafaranga yo gucecekesha umugore basambanye.

Ni urubanza n’umwanzuro bijya mu mateka ya Amerika. Aho Donald Trump abaye uwa mbere wahoze ari perezida wa Amerika  cyangwa uriho  uhamwe n’ibyaha mu rukiko, ndetse n’umukandida wa mbere w’ishyaka rikomeye ushaka kuba perezida wahamwe n’ibyaha.

Nyuma yo guhamwa n'ibyo byaha abantu benshi bakomeje kwibaza niba ashobora gukomeza kwiyamamaza, Itegekoshinga rya Amerika rishyiraho bimwe mu bisabwa abakandida bahatanira umwanya wa perezida: bagomba kuba nibura bafite imyaka 35, baravukiye muri Amerika kandi barabaye muri Amerika nibura imyaka 14. Nta ngingo ibuza uwahamwe n’ibyaha kuba umukandida.

Ariko uyu mwanzuro umuhamya ibyaha ushobora guha icyerekezo amatora ateganijwe  mu Ugushyingo uyu mwaka.

Ikusanyabitekerezo rya Bloomberg na Morning Consult ryo mu ntangiriro z’uyu mwaka ryabonye ko 53% by’abatora muri leta ziba zidafite uruhande ziriho bashobora kudatora uyu mu Repubulikani mu gihe yahamwa n’ibyaha.

Irindi kusanyabitekerezo ryo muri uku kwezi ryakozwe na Quinnipiac University, ryerekanye ko 6% by’abashyigikiye Trump bashobora kutamutora  ibishobora kugira ingaruka muri uku guhatana gukomeye.

Trump yaburanye uru rubanza adafunze by’agateganyo kandi ibi ntabwo byahindutse nyuma y’isomwa ry’urubanza ku wa kane  Trump yakomeje kwidegembya ariko hari ibyo yemeye gukurikiza.

Azagaruka mu rukiko tariki 11 Nyakanga itariki umucamanza Juan Merchan yavuze ko ari bwo bazakatira Trump nyuma yo gusoma ko ibyaha bimuhamye.

Umucamanza hari byinshi azarebaho mu kumukatira ibihano birimo n'imyaka ya Donald Trump.



Izindi nkuru wasoma

“Byose ni ku rwego rw’umurenge” Green party izubaka amashuri 416 y’imyuga nihabwa intebe y'u

Nyanza:Inzu yafashwe n'inkongi y'umururo ibintu byose bihinduka ivu

Donald Trump akomeje gucuruza Bibiliya mu rwego rwo kureshya abakirisito ngo bazamutore

Donald Trump yahamwe n'ibyaha byose aregwa uko ari 34

Burera:Inkongi y'umuriro yakongoye ibicuruzwa byose byari mu bubiko bwa MAGERWA



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-05-31 03:29:55 CAT
Yasuwe: 141


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Donald-Trump-yahamwe-nibyaha-byose-aregwa-uko-ari-34--.php