DRC:Ubwato bwarohamye buhitana abantu 80
Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo byasohoye itangazo rivuga ko Abantu nibura 80 bapfuye nyuma yuko ubwato burohamye mu mugezi.
Byabereye mu mugezi wa Kwa, mu ntera ya kilometero 70 uvuye mu mujyi wa Mushie, mu ntara ya Maï-Ndombe, hafi y'umupaka na Congo-Brazzaville bahana imbibi.
Itangazo ry'ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi rivuga ko "ashenguwe" n'ibi byago byabaye
Tshisekedi yavuze ko abo byagizeho ingaruka bazahabwa ubufasha, ndetse yategetse ko hakorwa iperereza ku cyabiteye.
Ku rubuga nkoranyambaga X, ibiro bye byagize biti: "Perezida wa Repubulika arasaba ko hakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyakuri zateje ibi byabaye bibabaje no kwirinda ko byazongera kubaho mu gihe kiri imbere."
Impanuka z'ubwato zipfiramo abantu zikunze kubaho muri DR Congo, aho akenshi amato aba atwaye abagenzi benshi cyane kurenza abo yagenewe gutwara.
Ni gacye cyane kandi baba bambaye amakoti yabugenewe abarinda kurohama ndetse akenshi ntibaba bashobora koga.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show