Brig.Gen Deo Rusanganwa yashyizwe mu nama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League.
Chairman wa APR FC, Brig.Gen Deo Rusanganwa, yongewe mu nama y’ubuyobozi (Board Members) ya Rwanda Premier League.
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025, abanyamuryango ba Rwanda Premier League bakoze inama yitabiriwe n’amakipe 16 akina shampiyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.
Ni inama yabereye muri Hotel yitwa Touch Africa iherereye Kacyiru mu mujyi wa Kigali. Iyi nama yarebeye hamwe ibimaze kugerwaho, ndetse n’imigendekere ya Shampiyona igeze ku munsi wa 16.
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwifuza ko Shampiyona yazamuka ikava ku rwego rumwe ikagera ku rundi rwego kugirango bakomeze bareshye abaterankunga babashe gushora amafaranga muri shampiyona bicyemure ikibazo cy’ubukungu amakipe afite, nabyo biri mu byigiwe muri iyi nama.
Iyi nama kandi byari biteganyijwe ko huzuzwa imwe mu myanya y’abagize inama y’ubuyobozi (Board Members) ndetse byanakozwe Chairman wa APR FC, Brig.Gen. Deo Rusanganwa, agirirwa icyizere cyo kuba umwe mu bagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League.
Uyu muyobozi wa APR FC yongewe mu nama y’ubuyobozi ya Rwanda Premier League, nyuma y’ighe gito agizwe umuyobozi wa APR FC asimbuye Lt.Col. Richard Karasira wakuwe kuri izi nshingano ndetse yari na Visi Perezida muri Rwanda Premier League.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show