U Rwanda rwasabye Umuryango w’Abibumbye kugira icyo uvuga ku bacancuro barenga 280.
Mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje gutera inkeke, u Rwanda rwasabye Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo uvuga ku mpamvu abasirikare b’abanyamahanga barenga 280, barimo abacancuro b’Abanyaburayi, bari mu mirwano bafasha ingabo za Congo (FARDC).
Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Ambasaderi Ernest Rwamucyo, yagaragaje ko u Rwanda rwatunguwe no kubona Umuryango Mpuzamahanga waracecetse ku kibazo cy’abarwanyi b’abanyamahanga barakoreshwaga na FARDC, nyamara ibyo binyuranyije n’amasezerano mpuzamahanga abuza ikoreshwa ry’abacancuro mu mirwano.
Mu nama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, yabaye ku wa 19 Gashyantare 2025, Ambasaderi Rwamucyo yavuze ko ku wa 29 Mutarama 2025, abasirikare ba FARDC barenga 100 hamwe n’abacancuro b’abanyamahanga 280 bambutse umupaka wa Congo binjira mu Rwanda.
Ibi byongeye kugaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bukoresha abarwanyi b’abanyamahanga mu ntambara burwana, ariko bikaba bitavugwaho rumwe mu ruhando mpuzamahanga.
Ati: “Ikoreshwa ry’abacancuro ritemewe n’amategeko mpuzamahanga. Ariko ikibabaje ni uko Umuryango Mpuzamahanga udafata ingamba kuri iyi mikorere ya RDC, ahubwo ukaruca ukarumira.”
Yongeyeho ko kuba RDC ishyira imbere ibi bikorwa, ari ikimenyetso cy’uko itari mu nzira yo gushaka amahoro, ahubwo ishaka gukomeza intambara n’akajagari mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Amb. Rwamucyo yagarutse ku kibazo cy’umutwe wa FDLR, ugizwe n’abahoze ari abasirikare bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukomeje gukorana na FARDC.
Yagize ati: “FDLR si umutwe usanzwe. Ni inyeshyamba zifite amateka yo gukora Jenoside, kandi ziri muri RDC zihabwa ubufasha na Leta y’iki Gihugu. Kuba FARDC ikorana na FDLR, byerekana ko RDC iri kwishyira mu kaga.”
Uretse FDLR, Ambasaderi Rwamucyo yavuze ko u Burundi n’abandi bafatanyabikorwa ba RDC bakomeje kurunda ingabo ku mipaka y’u Rwanda, ibintu bishobora guhungabanya umutekano w’akarere.
Yagarutse ku bwicanyi bwakorewe abaturage 16 bishwe, abandi 177 bagakomereka i Rubavu, ubwo ingabo za FARDC, iz’u Burundi n’abarwanyi ba FDLR bahitaga berekeza intwaro zabo ku Rwanda.
Ambasaderi Rwamucyo kandi yasobanuye ko ibirego ko u Rwanda rubangamira Congo rubiba amabuye y’agaciro ari ibinyoma.
Ati: “Abantu bibasira u Rwanda bavuga
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show