English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Amakuru ababaje: Rene  Bluce wari umuganga wa Gicumbi FC yitabye Imana.

Rene  Bluce wari umuganga w’ ikipe ya Gicumbi FC yitabye Imana kuri uyu wa 7 Ukuboza 2024 azize uburwayi.

Uyu muganga mu gitondo kuri telefoni ye ngendanwa, yari yashyizeho ubutumwa kuri watsap (status) avuga ko asaba Imana imbabazi mu gihe yaba yarakosheje akiri ku isi, asaba ko mu gihe azashiramo umwuka imana yazamwakira mu bayo.

Rene  Bluce yari amaze igihe arwariye mu bitaro bya Kigali CHUK, abakunzi be bakaba bari bamaze minsi bakukusanya inkunga y’amafaranga yabafasha ngo avurwe akire ariko bikanga.

Usibye kuba yari umuganga w’ikipe ya Gicumbi FC, yanakoreraga ku  Igonderabuzima cya Byumba aho bakirira abarwayi mbere yo kubohereza mu bitaro bya Byumba mu gihe bahabwa Transfer.

Ubuyobozi bw’Akarere n’ abakunzi b’ ikipe ya Gicumbi FC bihanganije umuryango wa Rene, babinyujije ku rubuga bahuriragaho n’uyu muganga biyemeza kubafata mugongo.

Yanditswe na Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

Umutwe udasazwe wari warajengereje Amerika uri mu marembera

Umubiri wa Jean Lambert Gatare wagejejwe mu Rwanda: Itangazamakuru ryabuze Intwari

Impinduka mu ruzinduko rwari kuzahuza M23 n’impuguke za Loni

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Teritwari ya Walikale ku muvuduko udasanzwe

Sobanukirwa ibigwi n’amateka by’umunyamakuru Jean Lambert Gatare witabye Imana



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-08 12:42:29 CAT
Yasuwe: 92


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Amakuru-ababaje-Rene--Bluce-wari-umuganga-wa-Gicumbi-FC-yitabye-Imana.php