Abasirikare bashya ba RDF binjiranye ubushongore n’ubukaka mu ngabo z'igihugu.
Ingabo z’urwanda zungutse abandi basirikare bashya bari bamaze amezi atandatu bahabwa imyitozo ya gisirikare mu Karere ka Kirehe ari na ho haherereye ikigo cya gisirikare cya Nasho, akaba ari ho bagaragarije imyitozo idasazwe y’urugamba.
Mu muhango wo kwakira abasirikare bashya binjiye binjiye mu ngabo z’u Rwanda RDF, wabaye ku Cyumweru tariki ya 22 Nzeri 2024, uyu muhango wari uyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abandi basirikare bakomeye muri RDF, biganjemo Abajenerali ndetse n’abofisiye bakuru n’abato.
Abasirikare bashya barangije iyi myitozo, berekanye bumwe mu bumenyi bigiyemo burimo ubwo gukoresha imbaraga z’umubiri ndetse no gukoresha itwaro za gisirikare mu kurasa mu gihe cy’urugamba, aba basirikare bashya kandi bishimanira ko biteguye kugaragaza ubutwari bwabo mu ngabo z’u Rwanda n’andi hose ku Isi.
General Mubarakh Muganga akaba n’Umugaba Mukuru wa RDF, yashimiye abasirikare bashya binjiye binjiye mu ngabo z’u Rwanda ku bw’umuhate ukomeye bagize no kwiyemeza byabaranze mu gihe bahabwaga imyitozo itandukanye ya gisirikare.
General Mubarakh Muganga yabahaye ikaze bose mu ngabo z’u Rwanda, abasaba kuzabyaza umusaruro ubumenyi n’ubuhanga baherewe muri iyi myitozo idasazwe, mu kurinda ubusugire bw’igihugu n’ituze ry’abaturage muri rusange.
Asoza yongeye kubibutsa indangagaciro za RDF, abasaba ko bazikurikiza mu buzima bwabo bwa buri munsi, zirimo ikinyabupfura kuko ari kimwe mu bibafasha gukorana bya hafi na bagenzi babo.
Mu bitwaye neza kurusha abandi bose mu myitozo baherewe mu kigo cya gisirikare cya Nasho harimo Pte Bizumuremyi Elissa wahawe igihembo mu gihe yakurikiwe na Pte Nshimiyimana Leonce.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show