English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda bari guhabwa amahugurwa ya VAR.

Mu rwego rwo kubafasha kugira ubumenyi ku Ikoranabuhanga ry’amashusho ryunganira abasifuzi, Video Assistant Referee (VAR), abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda, batangiye guhabwa amahugurwa kuri iri Koranabuhanga.

Mu minsi ishize, ni bwo hamenyekanye amakuru avuga ko Stade Amahoro yamaze kugezwamo ibikoresho by’ikoranabuhanga rya VAR ndetse biteganyijwe ko isuzuma rya ryo rizakorwa muri Gashyantare 2025.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, ni uko kuri uyu wa Gatanu abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda bose, batangiye guhabwa amahugurwa ya VAR azamara iminsi itatu. Ni amahugurwa ari kubera muri Stade Amahoro, agatangwa n’impuguke zaturutse muri FIFA.

Mu bari guhugurwa, harimo na Mukansanga Salima uherutse guhagarika gusifura hagati ariko agahitamo gushyira imbaraga mu kuba umusifuzi wa VAR.

Uretse kuba aya mahugurwa ari gutangwa n’impuguke za FIFA, na Ntagungira Céléstin uzwi nka Abega, ari mu bari gusangiza ubumenyi aba basifuzi.



Izindi nkuru wasoma

Burundi: Abakinnyi barindwi bahanwe by’intangarugero bazira kugurisha imikino

Uko RDC yishyuye Ibitangazamakuru mpuzamahanga 13 ngo bikwirakwize ibinyoma bisebya M23

Abasifuzi bazasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports bamenyekanye

Adel Amrouche na Cassa Mbungo André bari mu bagizwe abatoza bashya b’Amavubi.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu bitabiriye igitaramo cya John Legend.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-24 22:45:07 CAT
Yasuwe: 91


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abasifuzi-mpuzamahanga-bAbanyarwanda-bari-guhabwa-amahugurwa-ya-VAR.php