English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

APR FC yakiriye umunya-Bresil uri mu bashobora guhabwa amasezerano yo kuyikinira

Kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Nyakanga 2024, APR FC yakiriye Umunya-Bresil Juan Batista waje kuganira nayo mbere yo kumusinyisha amasezerano yo gukinira iyi kipe.

Ni umukinnyi w'imyaka 21 y'amavuko asanzwe akina hagati mu kibuha  ariko asatira izamu.

Umunyamakuru Sam Karenzi wa Fine FM wafashe amashusho ubwo uyu mukinnyi yageraga ku kubuga cy'indege i Kanombe yatangaje ko Juan Batista agomba kubanza kumara icyumweru akora imyitozo muri APR FC, yamushima akaba aribwo imuha amasezerano.

Uyu munya-Bresil aje yiyongera ku bandi bakinnyi bashya bamaze kugera muri APR FC barimo umunya-Senegal Aliou Souane wamaze gutsinda ikizamini cy'ubuzima gusa akaba agitegereje gushyira umukono ku masezerano.

Barimo kandi abanya-Ghana Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yussif bombi bamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.



Izindi nkuru wasoma

APR FC yakiriye umunya-Bresil uri mu bashobora guhabwa amasezerano yo kuyikinira

Ibihumbi 500.000 by'Abantu bashakanye n'Abanyamerika bagiye guhabwa ibyangombwa

Perezida Kagame yakiriye indahiro z'abayobozi bashya maze nawe agira ibyo abasaba

Musanze:Abapolisi 34 bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika bagiye guhabwa impamyabumenyi

Perezida Kagame yakiriye itsinda rigari riturutse mu Bwami bw'Ubwongereza



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-07-01 13:07:16 CAT
Yasuwe: 15


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/APR-FC-yakiriye-umunyaBresil-uri-mu-bashobora-guhabwa-amasezerano-yo-kuyikinira.php