English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Yari amaze kurya irindazi yanga kwishyura, intandaro y’amakimbirane yamuviriyemo gufungwa

Umusore w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Muganza, Akarere ka Rusizi, ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gukomeretsa mugenzi we amuteye umusumari hafi y’ijisho, anavugwaho kuvuga amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ibi byabereye ahazwi nk’isoko ry’ahitwa ku Rya Kane, ubwo uyu musore witwa Peter yari amaze kurya irindazi akanga kwishyura. Byateje impaka n’abandi bari aho, harimo na Igilimbabazi Emmanuel wamubajije impamvu adashaka kwishyura, bigatuma Peter amusubiza amagambo akakaye, birangira amuteye umusumari.

Abari hafi aho bavuga ko bumvise Peter avuga amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside mbere yo gukomeretsa Emmanuel.

Yohani Muhashyi, ushinzwe umutekano muri iri soko, yagize ati: “Yamubwiye amagambo akomeye ajyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma ahita amutera umusumari. Ahubwo iyo aza kuwutera mu jisho ryari kuvamo.”

Nyuma y’ibi, abaturage bihutiye gutabara no kugeza Igilimbabazi kwa muganga, mu gihe Peter we yahise afatwa akagezwa kuri RIB.

Peter yemeye ko yakoze icyaha cyo gukomeretsa mugenzi we, ariko ahakana ko yavuze amagambo ajyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Yagize ati: “Numva umujinya uranyishe ni ko kumukomeretsa kuriya. Ibyo bindi ntabyo navuze, ndarengana.”

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni bavuga ko uyu musore asanzwe azwiho imyitwarire idahwitse, ndetse ko ari kenshi afashwe agira uruhare mu bikorwa by’ubujura no gukangisha abantu kubakomeretsa.

Umwe mu baturage yagize ati: “Yarananiranye arazwi. Ubushize yankubise icyuma ndatwite ngo anyicishe kuko nari mvuze ko yibye inanasi. Ni kenshi afatwa bikarangira barekuye bavuga ko ari umunyeshuri.”

Hari n’abavuga ko ubuyobozi bwagiye bumubabarira inshuro nyinshi, aho umupadiri wigisha aho yiga yajyaga amusabira imbabazi, bikamufasha gukomeza gukora amakosa atabibajijweho inshingano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel, yavuze ko ubuyobozi buri gukorana n’izindi nzego kugira ngo uyu musore abiryozwe, ndetse ko ashobora koherezwa aho abana bagororerwa.

Ati: “Si ubwa mbere akora ibikorwa bihungabanya umutekano, ntabwo turi bukomeze kumubembereza ngo ni uko ari umwana. Turakorana n’inzego zibishinzwe kugira ngo akurikiranwe.”

Uyu musore afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza mu gihe hagikorwa iperereza ngo hamenyekane niba koko afite imyaka 15, cyangwa se niba yaba arengeje iyo myaka, kuko hari abakeka ko ashobora kuba akuze kurusha uko bivugwa.



Izindi nkuru wasoma

Yari amaze kurya irindazi yanga kwishyura, intandaro y’amakimbirane yamuviriyemo gufungwa

U Bubiligi bwanze kurya indimi ku cyemezo gikakaye rwafatiwe n'u Rwanda

Nyiri kigo Billion Traders FX Akaliza Sophie agiye gufungwa imyaka itanu, Menya impamvu

Igihe cyo gukura ingabo za SADC muri RDC cyari cyararenze - Impuguke mu by’umutekano

Igitaramo kimbaturamugabo cyari kuzaba ku munsi wo gutangira icyunamo mu Rwanda cyahagaritswe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-20 11:00:37 CAT
Yasuwe: 37


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Yari-amaze-kurya-irindazi-yanga-kwishyura-intandaro-yamakimbirane-yamuviriyemo-gufungwa.php